00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Abacururiza ibirayi ‘kwa Mutangana’ batuye akababaro ubuyobozi bw’akarere

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 23 February 2017 saa 07:41
Yasuwe :

Abaturage bacuruza ibirayi ahitwa kwa Mutangana mu Murenge wa Muhima bagaragaje akababaro batewe no kubuzwa kubicuruza basaba ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge kubakiranura n’amabanki babereyemo inguzanyo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2017, mu Nteko rusange y’Akagari k’Amahoro ko mu murenge wa Muhima, yari yitabiriwe n’abayobozi b’Akarere ka Nyarugenge.

Abo bacuruzi bavuga ko babangamiwe n’uburyo hari bamwe muri bo babujijwe gucuruza bafungirwa amaduka mu gihe hari bagenzi babo bakomeje akazi.

Bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gucuruza toni imwe y’ibirayi mu gihe bari bamaze kugera ku rwego rwo kugurisha toni 10.

Umwe muri bo yagize ati “ Bayobozi nimudufashe muturenganure twahuye n’akarengane kuko ubu twabujije gucuruza ibirayi birengeje toni imwe mu gihe twari tugeze ku rwego rwo gucuruza toni nibura 10, nimudufashe kubera ko abana ntibari kwiga ndetse n’amabanki atumereye nabi kubera inguzanyo.”

Nyuma y’uko aba bacuruzi bagaragaje ibyo bibazo bitandukanye bafite, ubuyobozi bw’akarere n’umujyi wa Kigali bwasobanuye impamvu bafashe uwo mwanzuro.

Meya w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba yabwiye IGIHE ko iyo gahunda bayifashe mu rwego rwo kurwanya akajagari kagaragaraga ahitwa kwa Mutangana.

Yagize ati “ Iriya gahunda ni yo twatangiranye n’Umujyi Kigali mu rwego kugira umujyi usukuye hakurikijwe igishushanyo mbonera kuko hariya hantu hari hasigaye hagaragara urujya n’uruza rw’ibikamyo kubera ko hari n’ababicururizagamo.”

Yakomeje avuga ko basabye abacuruzi bacuruza ibirayi byinshi bigera kuri toni 10 kujya kubicururiza mu Nzove no ku Mulindi mu Karere ka Gasabo ahubatswe amasoko yagenewe gucuruza imyaka.

Meya Kayisime yongeyeho ko ubuyobozi bushishikariza abacuruza ibirayi bike kwishyira hamwe bagakodesha inyubako nini iri hafi yo kwa Mutangana mu rwego rwo kurwanya akajagari.

Umwe mu bacururiza ibiryai kwa Mutangana avuga ko babangamiwe n'icyemezo cy'ubuyobozi kibakumira ku gucuruza ibirayi byinshi
Bamwe mu bitabiriye Inteko Rusange y'Umurenge wa Muhima
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muhima
Umuyobozi Wungirije w'Umujyi wa Kigali, ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Busabizwa Parfait

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages