Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Gashyantare 2017, nibwo umuryango witwa Imani Foundation washyikirije abo banyeshuri ibikoresho birimo amakayi n’amakaramu ndetse n’ibikapu kugira ngo barusheho gukurikirana amasomo neza.
Umuyobozi wa Imani Foundation, Murenzi Abdallah yabwiye IGIHE ko bahisemo gufasha abo bana kugira ngo na bo barusheho kwiga neza nk’abandi.
Yagize ati “ Twabafashije kugira ngo nabo bave mu bwinge barusheho kwiga neza kuko ubuyobozi bw’ishuri ryabo bwari bwatubwiye ko hari abanyeshuri benshi badafite ibikoresho tubikora mu rwego rwo kubafasha.”
Umuyobozi w’ishuri ry’Intwari, Uzamukunda Zamda yavuze ko ubu bufasha buzatuma abo banyeshuri barushaho kwiga neza.
Yagize ati “ Biradushimishije cyane kuko bizatuma aba bana barushaho kuva mu bwigunge no kwiga neza bitewe n’uko wasangaga amasomo yose bigaga bayandikaga mu ikayi imwe.”
Yakomeje ashimira aba bagiraneza ndetse anaboneraho gusaba abandi bafite umutima wo gutabara ko bafasha abandi banyeshuri batishoboye biga muri icyo kigo batafashijwe kuko harimo n’abandi bana bagera kuri 200 badafite ibikoresho by’ishuri.
Aba bana bafashijwe bavuze ko bishimiye cyane kuba na bo babonye ibikoresho by’ishuri kuko bizatuma barushaho gutsinda.



















TANGA IGITEKEREZO