00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Abasirikare bafatanyije n’abaturage kwiyubakira ikiraro

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 16 May 2017 saa 11:54
Yasuwe :

Mu bikorwa Ingabo z’u Rwanda zifatanya n’abaturage, kuri uyu wa Mbere zagaragaye zubaka ikiraro gihuza Umurenge wa Kimisagara n’uwa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.

Abaturage bo ku Kimisagara babwiye IGIHE ko bishimiye cyane ko ikiraro cyasanwe kuko bizakumira bimwe mu bikorwa byahungabanyaga umutekano wabo.

Umuturage wo muri iki gice yagize ati “Turishimye cyane kubera ko abana bacu bahoraga bagwa muri iyi ruhurura, n’abajura batwibaga bakiruka tukabura uko tubakurikira kubera uburyo cyari cyaramaze kwangirika.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Ruzima Serge, yavuze ko iki kiraro kizafasha abaturage, cyane mu bijyanye n’ubuhahirane.

Yagize ati “Kizadufasha cyane kuko ni ikiraro kinyurwaho n’abantu benshi ndetse n’imodoka cyane muri iki gihe imihanda myinshi yo mu Mujyi iri gukorwa.”

Abaturage bagaragaje ko bishimiye isanwa ry’iki kiraro bitewe n’uko hari n’abari barahinduye inzira kubera gutinya kugwa muri ruhurura. Ibikorwa byo kugisana byatwaye arenga miliyoni ebyiri.

Ingabo z'u Rwanda mu gikorwa cyo gusana ikiraro gihuza Nyarugenge na Kimisagara
Abasirikare bari mu bikorwa bya Army week
Abaturage bishimiye isanwa ry'ikiraro kuko cyari cyarangiritse kikaberaho impanuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages