00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Imodoka yagonze akabari ikomeretsa barindwi inangiza ibinyabiziga

Yanditswe na Uwishyaka Jean Louis
Kuya 5 June 2017 saa 08:15
Yasuwe :

Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere ikomeretsa abantu barindwi bari mu kabari k’ahitwa kwa Gakunzi, mu Kagari ka Nzove, mu Murenge wa Kanyinya, ndetse inangiza ibinyabiziga byari bihari.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya saa munani n’igice z’ijoro, ubwo iyo Fuso yari itwawe na Gasirimu Emmanuel yavaga i Musanze yabuze feri maze igonga ako kabari kari ku muhanda munini werekeza i Musanze maze barindwi bari bahari barakomereka, muri bo batatu bakomeretse mu buryo bukomeye; ndetse imodoka na moto byari bihaparitse nabyo birangirika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanyinya iyi mpanuka yabereyemo, Niyibizi Jean Claude, aganira na IGIHE yagize ati “Ni Fuso yari ivuye mu Karere ka Musanze yabuze feri noneho igonga inzu, imodoka na moto byari biparitse aho ngaho, ikomeretsa abantu barindwi bari kuri ako kabari.”

Yakomeje agira ati “Yabuze feri igeze muri ariya makorosi irakomeza aho kugira ngo ikate igana ku Giti cy’Inyoni, arareba abona akomeje ashobora kuyigusha mu mugezi wa Yanza, maze arakomeza agonga iyo nzu.”

Yavuze ko uretse iyo modoka na moto byangiritse, ngo n’iyo modoka yakoze impanuka yangiritse bikomeye kimwe n’ako kabari yagonze.

Niyibizi yakomeje avuga ko iyi mpanuka ikimara kuba hakozwe ubutabazi maze abakomeretse bajyanywa ku bitaro bya CHUK gusa ngo kugeza ubu nta makuru y’uwaba yitabye Imana muri iyi mpanuka arabona.

Ndayisenga Vedaste nyir’akabari iyi modoka yagonze, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yabaye mu kabari ke harimo abakiriya bane ariko ku bw’amahirwe nta n’umwe witabye Imana uretse umukozi we itafari ryakomerekeje ku mutwe.

Imodoka ya Fuso yavaga i Musanze yakoze impanuka mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere ikomeretsa abantu barindwi bari mu kabari k’ahitwa kwa Gakunzi
Mu byangiritse harimo na Taxi Voiture yari iparitse hafi y'umuhanda
Fuso yacitse feri inangiza ibinyabiziga birimo na moto
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, abaturage bazindukiye mu gikorwa cyo gusukura aho iyi fuso yasenye
Taxi Voiture yagonzwe yarangiritse cyane
Iyi modoka yasenye akabari k'ahazwi nko kwa Gakunzi mu Mudugudu wa Rutagara mu Murenge wa Kanyinya
Abantu benshi bari bateraniye ahabereye impanuka yakomerekeyemo abantu barindwi
Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya saa munani n’igice z’ijoro yabereye ku muhanda werekeza i Musanze

Amafoto: Thamimu Hakizimana


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages