00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Kwisiramuza byamutuye akeso k’ipfunwe yari amaranye imyaka 21

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 7 August 2015 saa 07:47
Yasuwe :

Iradukunda Innocent w’imyaka 23 utuye mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yemeza ko kwisiramuza byamutuye akeso k’ipfunwe yari amaranye imyaka isaga 21.

Nyuma yo kumusiramura hakoreshejwe impeta no kwipimisha agakoko gatera sida ku bushake kuwa Gatatu tariki ya 5 Kanama 2015, Iradukunda yavuze ko yari amaze igihe kinini atewe ipfunwe no kuba adasiramuye.

Mu kiganiro kigufi Iradukunda yagiranye na IGIHE, nyuma yo gushyirwa impeta ku gitsina izamaraho Icyumweru kimwe, avuga ko yishimye cyane kuko yatuye umuzigo umuremereye yari amaranye imyaka myinshi.

Yagize ati “Ndaruhutse cyane kuko nyuma y’ibyumweru bibiri nzaba nanjye meze nk’abandi basore nta pfunwe ngifite. Uzi ko muri iyi minsi najyaga kunyara nkajya kwihisha kugira ngo hatagira umuntu umbona?”

Ibikoresho bigize impeta basiramuza

Iradukunda akomeza avuga ko yatangiye kugira ipfunwe ry’uko adasiramuye kuva yamenya ko gusiramura bibaho.

Agira ati “Abana b’abayisiramu bandutagaho gato twari duturanye numvaga banyita umukafiri bigatuma ntinya no kuba hari uwarabukwa ko koko ntasiramuye, kuva ubwo sinishimiraga uburyo nari meze.”

Yakomeje avuga ko uko yagiye akura ari ko isoni z’uko adasiramuye ziyongeraga, ariko akabitinya kuko bamubwiraga ko bibabaza kuko uburyo bwo gusiramuza impeta bwari butaraza.

Ati “Noneho uzi yo nabaga nifuza nko gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa byabaga ari akarusho kuko no kwambara agakingirizo nabikoreraga aho atambona kubera kwanga ko amenya ko ntasiramuye.”

Uretse Iradukunda ugaragaza ibyishimo bikomeye by’uko atazongera kugira isoni z’uko adasiramuye, hari abandi basaga 200 bamaze gusiramurwa ku bushake hakoreshejwe impeta ku bufatanye bw’Umurenge wa Kimisagara n’ibitaro bya gisirikare bya Kanombe kandi babyishimiye.

Gusa ubuyobozi bw’umurenge wa Kimisagara bwo bwemeza ko muri uyu Murenge hamaze gusiramurwa ku bushake abantu 1000, mu gihe mu Murenge wose habarurwa abagera ku 3000 badasiramuye.

Iradukunda Innocent avuga ko kwisiramuza byamutuye akeso ipfunwe yari amaranye imyaka 21
Abandi baje kwisiramuza ku bushake hakoreshejwe impeta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages