Mu minsi ishize nibwo IGIHE yabagejejeho inkuru y’uburyo abaturage mu Cyahafi mu Murenge wa Gitega bafatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze basabye ko umugore n’umugabo we bimuka kubera ikibazo cy’uko bacumbikiraga abajura ndetse bakanabagurira ibyo bibye.
Mu mpera z’icyumweru gishize inzego z’umutekano zaje gusanga mu nzu y’uwo muryango ibintu bitandukanye byibwe birimo imyenda n’inkweto, amasafuriya manini atekerwamo mu mahango y’ubukwe n’ibindi.
Kuwa Gatanu tariki 22 Nzeri 2017, Polisi yatunguye uwo muryango isangamo ibyo bintu bitandukanye byibwe, abaturage bamwe bahita bagaragaza n’ibimenyetso ko ibikoresho bimwe ari ibyabo bari baraburiwe irengero.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyahafi, Munyaneza Jacques, yabwiye IGIHE ko uwo muryango wanafatanwe n’abandi basore babiri bahita bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge.
Yagize ati “Si we wenyine wafashwe yafatanwe n’udusore tubiri twashijwagwa ubujura ku buryo bahise bajyanwa kuri Aitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge ndetse turateganya ko ku wa Gatandatu mu nama y’umuganda aribwo tuzafata icyemezo cya burundu cyo kubirukana kubera ko ubu umugabo n’abana be ari bo bari kuba muri iyo nzu.”
Yasoje asaba abaturage kwirinda kugura ibintu byibwe cyangwa bidafite inyemezabwishyu kubera ko iyo babifatanywe nabo bafatwa nk’abajura.



















TANGA IGITEKEREZO