Nyuma y’iminsi itatu abaturage bashakisha, ahagana saa kumi n’ebyiri zo kuri uyu wa 15 Kanama 2017, ni bwo uyu murambo wagaragaye ureremba mu ruzi rwa Nyabarongo nk’uko inzego z’ibanze zabitangarije IGIHE.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mageragere, Ntirushwa Christophe, yavuze ko wagaragaye nta byo mu nda ufite.
Yagize ati “Nibyo wabonetse ariko wari warangiritse kubera ko nta byo mu nda wari ufite kandi murabizi ko wari umaze iminsi itatu mu mazi.”
Yakomeje yihanganisha abaturage by’umwihariko umuryango wa nyakwigendera, anabasaba kwirinda kongera kovoma muri Nyabarongo mu rwego rwo kwirinda ko hari abandi ingona zarya, cyane cyane ko hari andi mavomo yamaze kugezwa muri aka gace.
Tugirimana Jean Pierre arashyingurwa saa munani zo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Kanama 2017 mu irimbi rya Nyarufunzo riherereye mu Murenge wa Mageragere.
Indi nkuru wasoma : Undi muturage w’i Mageragere yishwe n’ingona agiye kuvoma muri Nyabarongo(Yavuguruwe)



















TANGA IGITEKEREZO