00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Oxfam iratabariza ibihugu byazahajwe na Ebola ngo bifashwe

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 27 January 2015 saa 11:05
Yasuwe :

Ishyirahamwe Oxfam ryasabye ko hatangizwa umugambi ukomeye ugamije gufasha ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afrika byibasiwe n’icyorezo cya Ebola.
Umuhuzabikorwa wa Oxfam, Mark Goldring, yavuze ko isi yatengushye ku rugamba rwo guhangana na Ebola, ariko nta rwitwazo ruriho rwatuma ibihugu byazahajwe n’ iki cyorezo bidafashwa kongera kwiyubaka.
Inkuru dukesha BBC ivuga ko iryo shyirahamwe ryasabye ko haba inama idasanzwe igamije gukusanya amadolari yo gufasha kurandura icyorezo cya (…)

Ishyirahamwe Oxfam ryasabye ko hatangizwa umugambi ukomeye ugamije gufasha ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afrika byibasiwe n’icyorezo cya Ebola.

Umuhuzabikorwa wa Oxfam, Mark Goldring, yavuze ko isi yatengushye ku rugamba rwo guhangana na Ebola, ariko nta rwitwazo ruriho rwatuma ibihugu byazahajwe n’ iki cyorezo bidafashwa kongera kwiyubaka.

Inkuru dukesha BBC ivuga ko iryo shyirahamwe ryasabye ko haba inama idasanzwe igamije gukusanya amadolari yo gufasha kurandura icyorezo cya Ebola.

Umugambi wa nyuma wa Ebola ngo usa n’ uwakoreshejwe i Buraya nyuma n’ intambara ya kabiri y’ isi.

Amakuru atangazwa n’ agashami k’ umuryango w’ abibumbye kashyiriweho kurwanya Ebola, kabwiye BBC ko kuwa 24 na 25 Ugushyingo 2014 , Ebola yahitanye abantu 6928.

Muri Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika haguyeyo umuntu umwe, Muri Mali abantu 6 ni bo bishwe na Ebola, muri Liberia abantu 4181 barapfuye, muri Sierra Leone abantu 1463, muri Guinea abantu 1284 naho muri Nigeria abantu 8 ni bo bahitanwe n’ iki cyorezo.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages