00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

P.Diddy arashinjwa guhohotera umugabo wamukoreraga

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 28 February 2024 saa 07:26
Yasuwe :

Umuraperi P.Diddy arashinjwa guhohotera Lil Rod wamukoreraga akanamwandikira indirimbo.

Rodney Jones uzwi nka Lil Rod mu muziki wa Amerika, ashinja P.Diddy kumuhohotera, mu bihe bitandukanye, yifuza kumusambanya no kumukoresha ibiteye isoni.

Uyu mugabo avuga ko Diddy yagiye, akora ku bice by’ibanga bye inshuro nyinshi, agakina nabyo ndetse akambara ubusa inshuro nyinshi, ashaka ko baryamana.

Lil Rod uzwi cyane mu kazi ko gufata no gutunganya amajwi y’indirimbo, avuga ko byageze aho P.Diddy amuhuza n’umukinnyi wa Sinema Cuba Gooding Junior nawe akajya amuhohotera bene ako kageni.

Avuga ko hari igihe Diddy yigeze kuzana abakobwa bicuruza iwe mu rugo, bakamunywesha inzoga zirimo ibinini bisinziriza, bikarangira bamufashe ku ngufu nubwo atari maso ngo abibone.

Lil arasaba Diddy n’abandi bahoze bakoranaga ko, bamwishyura Miliyoni 30$ z’impozamarira, mu gihe abunganira P.Diddy mu mategeko bavuga ko, ibyo avuga ari ibinyoma ahubwo ko ashaka amafaranga yo kwikenuza.

P.Diddy arashinjwa guhohotera umugabo bakoranaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages