00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame agiye guhura n’abayobozi b’Utugari basaga 2000 (Amafoto)

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 28 March 2023 saa 01:19
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame agiye guhura n’abasaga 2000 bagize Itorero rya ba Rushingwangerero, rigizwe n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari bose bo mu gihugu. Ni igikorwa kibera mu Intare Conference Arena, i Rusororo.

Bamaze igihe mu bikorwa by’itorero byatangiye ku wa 19 Gashyantare 2023, bakaba baratozwaga ku rwego rw’Intara, ibikorwa byaberaga mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubona mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, avuga ko yungukiye byinshi mu gihe yamaze mu Itorero, bizamufasha no guhindura imiyoborere y’Akagari.

Ati "Nkimara guhabwa amahugurwa y’itorero, maze kubona ko hari ibyo ntakoraga neza, bitewe n‘inyigisho nahawe, nabonye ko hari ibyo nkwiye guhindura birimo kwita ku muturage kurusha uko nabikoraga, gutanga serivisi inoze kandi yihuse no gushyira imbaraga muri gahunda za leta, mbere yo kuzuvisha umuturage, nkeneye kubanza kuzumva ubwanjye."

"Ikindi ni uko kuyobora umuturage bisaba kumuhendahenda, ukamwigisha, akumva ko ikigenderewe atari uguhana, ahubwo ari ukubigisha ko ibyo leta ibabwira bibafitiye akamaro ubwabo, n’igihugu muri rusange."

Kugeza ubu mu Rwanda hari Utugari 2148. Akagari gafite inshingano zirimo gutanga serivisi z’ibanze; gukusanya imibare no gushishikariza abaturage kwitabira no kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere rirambye.

Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bw’Akagari bugizwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa n’abandi bakozi bashyirwa mu myanya hakurikijwe amategeko abigenga.

Abakozi bo mu Bunyamabanga Nshingwabikorwa bw’Akagari ni abakozi b’Akarere bashinzwe gushyira mu bikorwa buri munsi inshingano z’Akagari.

Aba bayobozi bagize Itorero rya ba Rushingwangerero baturutse mu gihugu hose
Abayobozi basaga 2000 bo ku rwego rw'Akagari bahuriye mu Intare Conference Arena, i Rusororo
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru Dancille Nyirarugero, ni umwe mu bitabiriye iyi gahunda
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente (hagati) aganira n'Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi François Ngarambe (ibumoso) na Minisitiri ushinzwe imirimo y'inama y'abaminisitiri, Ines Mpambara
Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Imiyoborere Dr Usta Kaitesi, Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana n'Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu bya gisirikare n'umutekano, Gen James Kabarebe, bagera ku Intare Conference Arena

Amafoto: Irakiza Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages