00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame azerekeza mu Bufaransa mu mpera z’iki cyumweru

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 23 February 2015 saa 08:35
Yasuwe :

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame azaba ari i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2015, ariko nta guhura n’abayobozi b’icyo gihugu biteganyijwe kuri gahunda.

Jeunne Afrique dukesha iyi nkuru iravuga ko Perezida Kagame ajyanywe n’inama ya UNESCO yiga ku burezi, bityo akaba atagiye guhura n’abayobozi b’u Bufaransa cyangwa se ngo uru rugendo rube rufite aho ruhurira n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi nk’uko bamwe babikeka.

Perezida Kagame azaba ari kumwe na Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu isakazabumenyi Jean Philibert Nsengimana.

Muri rusange Perezida Kagame aheruka kugirira uruzinduko mu Bufaransa muri Nzeri 2011, ariko kugeza ubu Leta y’u Rwanda ikaba nta byinshi iratangaza kuri uru ruzinduko rw’Umukuru w’igihugu.

Perezida Paul Kagame yaherukaga mu Bufaransa muri Nzeri 2011
Yakiriwe na Nicolas Sarkozy utakiri Perezida w'u Bufaransa, ariko kuri gahunda y'uruzinduko ntiharimo guhura na Francois Holande uyobora u Bufaransa ubu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages