Ni ibiganiro byabereye muri Kazakhstan, ku wa 29 Gicurasi 2025, nyuma y’uko Perezida Kagame yari amaze kugeza ijambo ku bitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga rya Astana (AIF).
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko “Perezida Kagame yahuye n’Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’u Burayi, Alain Berset, bagamije kuganira ku mahirwe y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’Inama y’u Burayi mu nzego zinyuranye.”
U Rwanda rukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu ngeri zitandukanye z’iterambere ry’igihugu zirimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kuyatunganya, gutera inkunga ibikorwa by’ubuvuzi n’ikorwa ry’imiti n’inkingo, guteza imbere ikoranabuhanga mu buvuzi, umutekano, ubuhinzi n’ibindi.
Muri Kanama 2024, Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yateraniye i Bruxelles yemeje ko Ingabo z’u Rwanda zihabwa inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yo kuzishyigikira mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Mozambique aho zihangana n’ibyihebe.
Perezida Kagame yageze muri Kazakhstan ku wa 27 Gicurasi 2025, mu ruzinduko rw’akazi rwasize hasinywe amasezerano yo mu ngeri zinyuranye zirimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, guteza imbere ubucuruzi, ubufatanye bw’ibigo by’impande zombi bishinzwe iby’isanzure, uburezi, umuco n’ibindi.
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!