00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 September 2026 saa 07:36
Yasuwe :

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bashimangira umubano w’ibihugu byombi n’amahirwe y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ingufu, ubwikorezi no kwihaza mu biribwa.

Perezida Kagame yageze i Salalah muri Oman, ku wa 7 Nzeri 2026, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq. Yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri.

Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro b uvuga ko “abayobozi bombi bashimangiye umubano w’amateka uri hagati y’u Rwanda na Oman, amahirwe uru ruzinduko rutanga yo kubakira kuri uwo musingi, harimo ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ingufu, ubwikorezi no kwihaza mu biribwa.”

Ni ubwa mbere Perezida w’u Rwanda agiriye uruzinduko rwemewe muri Oman, rugamije kurushaho gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi no kwagura inzego z’ubufatanye.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko, Perezida Kagame ateganyijwe gusura Museum of the Frankincense Land, iherereye muri Al Baleed Archaeological Park, ahantu hashyizwe ku rutonde rw’Umurage w’Isi rwa UNESCO.

Iyo nzu ndangamurage igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi. Heritage Hall yibanda ku mateka y’ibisigaratongo, umurage w’akarere ndetse n’uruhare ubucuruzi bwa frankincense bwagize ku mibereho n’ubukungu bw’akarere ka Dhofar. Maritime Hall yo igaragaza amateka ya Oman mu bijyanye n’ingendo n’ubucuruzi bwo mu nyanja.

Perezida Kagame azanasura Razat Royal Farm, umurima wa cyami ufite ubuso burenga hegitari 404.686. Ni kimwe mu bigo by’ingenzi by’ubuhinzi muri Dhofar Governorate, kandi unifashishwa mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi no mu bikorwa by’uburezi.

Sultan Haitham bin Tariq azakira Perezida Kagame n’intumwa ze mu musangiro.

U Rwanda na Oman bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku mateka. Muri uru ruzinduko kandi hateganyijwe gusinywa amasezerano n’inyandiko z’ubwumvikane mu nzego zitandukanye, mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Abayobozi b'impande zombi baganiriye ku mahirwe y'ubufatanye
Biteganyijwe ko hari amasezerano azasinywa hagati y'ibihugu byombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages