Bivugwa ko Umukuru w’Igihugu ari mu Karere ka Rubavu mu kiruhuko ndetse ko yasuye ingagi zo mu Birunga akaba yaranishimiwe n’abaturage bamubonye agenda n’amaguru mu mihanda yo mu Burengerazuba bw’igihugu.
Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Perezida Kagame yageze mu Karere ka Rubavu ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.
Amafoto agaragaza Umukuru w’Igihugu yishimiwe n’abaturage bo mu bice bitandukanye bya Rubavu aho yatambukaga bamukomera amashyi.
Perezida Kagame yari aherutse mu Karere ka Rubavu ku wa Mbere Nzeri 2017 ubwo yafunguraga ibiro bishya ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (La Corniche one stop border post) byubatse mu Murenge wa Gisenyi.



















TANGA IGITEKEREZO