00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abashoramari bo mu Buholandi

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 6 October 2015 saa 09:29
Yasuwe :

Kuri uyu wa mbere tariki ya 5 Ukwakira, Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abashoramari bo mu gihugu cy’u Buholandi, aho baganiriye ku ngingo yo gushora imari mu Rwanda byabagirira akamaro.

Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’1994, u Buholandi buri mu bihugu bya mbere byifatanyije n’u Rwanda mu gutangiza urugendo rwo kwiyubaka.

Yagize ati: “Turi hano kugira ngo dutsure umubano mwiza, twubakire ku byiza bisanzwe byaragezweho. Dufite icyerekezo nk’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose kandi ntago twabigeraho tudakoze cyane.”

Yanongeyeho ko ishoramari mu Rwanda rifitiye akamaro kanini abashoramari ndetse no guhindura ubuzima muri rusange.

Ibi biganiro byayobowe na Minisitiri w’ibijyanye n’ubukungu mu gihugu cy’u Buholandi, Sharon Dijksma.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages