00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru wa UNDP

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 9 December 2023 saa 06:57
Yasuwe :

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Achim Steiner, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere, UNDP, baganira ku ntego zigamije iterambere rirambye ndetse n’ubufatanye bugamije kwimakaza iterambere ry’u Rwanda.

Ni ibiganiro byabaye ku wa Gatanu, tariki 8 Ukuboza 2023, nyuma y’itangwa ry’ibihembo ku bahize abandi mu marushanwa ya Hanga Pitchfest 2023, yabaga ku nshuro ya Gatatu.

Perezida Kagame yahuye na Achim Steiner ari kumwe na Gomera Maxwell uhagarariye UNDP mu Rwanda ndetse na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, bugira buti “Ibiganiro byabo byibanze ku kwagura ibikorwa by’ubufatanye bw’u Rwanda n’imiryango ishamikiye kuri Loni.”

Achim Steiner ni Umunya-Brazil wabonye izuba ku wa 17 Gicurasi 1961. Yagiye ku buyobozi bwa UNDP ku wa 19 Mata 2017, aho yari abaye uwa cyenda uyoboye iri Shami rya Loni mu mateka yaryo.

UNDP ni umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu kurwanya ubukene, aho ifasha abantu mu kwihangira imirimo ibyara inyungu, ibikorwa byo kubungabunga ikirere binyuze mu kubaka amazu adahumanya ikirere, gufasha abantu kugera k’ubutabera, kwimakaza demokarasi n’imiyoborere myiza n’ibindi.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye na Achim Steiner, umwe mu bayobozi bakuru b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere, UNDP
Nyuma y'ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Achim Steiner hafashwe ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages