Iyi myitozo yahawe izina rya ‘Exercise Hard Punch II FTX 2017’, yaranzwe no kwerekana uko ibikoresho bya gisirikare bikoreshwa mu bikorwa bya gisirikare.
Nyuma y’imyitozo Perezida Kagame yahuye n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda, RDF, abahagarariye izindi nzego z’umutekano n’abasirikare bakoze iyo myitozo, ababwira ko iyi myitozo ari kimwe mu bikorwa bya RDF byo kubaka ubushobozi n’ubunyamwuga bw’ingabo, kugira ngo zibashe kugera ku ntego.
Yagize ati “Mukomeze imyitozo mubone ubwo bumenyi mukeneye ngo mukore akazi kanyu mu budashyikirwa kandi munabukoreshe mu guhanga udushya tugamije gushaka ikoranabuhanga rishya rifasha RDF kugera ku ntego zayo.”
Yasabye kandi RDF gukomeza kuba inkingi y’impinduka n’iterambere ry’u Rwanda. Ni ku nshuro ya kabiri iyi myitozo ibereye i Gabiro. Iya mbere yabaye ku wa 5 Ugushyingo 2016.
Perezida wa Repubulika ni Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Niwe utangiza intambara, niwe ushyira umukono ku masezerano yo guhagarika no kurangiza intambara. Ni nawe utangiza ibihe by’amage cyangwa ibihe by’imidugararo mu buryo buteganywa n’Itegeko Nshinga n’andi mategeko.
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO