00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yashimye ‘intwari zemeye gupfira indangagaciro zitugira Abanyarwanda’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 February 2017 saa 06:30
Yasuwe :

Perezida Kagame yashimye ubutwari bwaranze abitangiye u Rwanda ubu rukaba ari igihugu kimaze kumenyekana ku Isi hose, ashimangira ko urugero batanze arirwo rutanga imbaraga n’icyerekezo bibereye igihugu.

Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko intwari zitangiye igihugu zikwiye icyubahiro. Yagize ati “ Turaha icyubahiro abemeye gupfira indangagaciro zitugira Abanyarwanda. Urugero badusigiye ruduha imbaraga n’icyerekezo bitubereye.”

Ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri twitter

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje nyuma yaho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2017 yifatanyije n’Abanyarwanda bose mu guha icyubahiro intwari z’igihugu. Ni umuhango wabereye mu tugari twose by’umwihariko Perezida Kagame yashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera.

Aha niho hari ikimenyetso cy’ubutwari bwa Gen. Maj Fred Gisa Rwigema n’umusirikare Utazwi bari mu cyiciro cy’Imanzi; Umwami Mutara III Rudahigwa, Rwagasana Michel, Uwilingiyimana Agathe, Niyitegeka Felicite n’Abanyeshuri b’i Nyange banze kwitandukanya ubwo baterwaga n’abacengezi, mu 1997, bari mu cyiciro cy’Imena.

Perezida Kagame hamwe n'abandi banyacyubahiro nyuma yo gushyira indabo ku gicumbi cy'intwari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages