00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC muri Kenya

Yanditswe na

Mathias Hitimana

Kuya 19 February 2015 saa 08:32
Yasuwe :

Perezida wa Repuburika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze muri Kenya aho yitabiriye Inama rusange ya 16 y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, ihuza abakuru b’ibihugu bitanu bigize uyu muryango.

Iyi nama iteganyijwe kubera muri Kenyatta International Conference Centre i Nairobi guhere kuwa Gatanu, tariki ya 20 Gashyantare 2015.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Abakuru b’Ibihugu bazabanza gufungura uruganda rw’ingufu zituruka ku mashyuza ‘Olkaria 1 Geothermal Plant’, rwitezweho kugabanya igiciro cy’ibicuruzwa, koroshya ubuzima no kugabanya gukomeza gukenera cyane ibikomoka kuri Peteroli mu kubona amashanyarazi.

Kuwa 2 Gicurasi 2014, ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama ya 5 yiga ku mushinga w’iterambere rishingiye ku muhora wa ruguru

Byatangaje kandi ko, mu biteganyijwe kwigwaho muri iyi nama ya 16 ya EAC harimo ubusabe bwa Somalia na Sudani y’Epfo zifuza kwinjira muri uyu muryango.

Ikindi giteganyijwe, ni ihererekanyabubasha hagati ya Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta n’uwa Tanzania Jakaya Kikwete ugiye kuyobora EAC.

Mu bindi biteganyijwe kwigwaho nk’uko The East African yabitangaje mu ntangiriro z’iki Cyumweru, harimo uburyo butandukanye bwakwifashishwa ngo haboneke miliyoni 100 z’amadolari, agenewe kwifashishwa mu bikorwaremezo, hubakwa umuhora wo hagati uhuza u Burundi na Tanzaniya, n’uwa ruguru uhuza Kenya, Sudani y’Epfo, Uganda n’u Rwanda.

Perezida Kagame agiye muri Kenya avuye muri Ethiopia aho yari yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’Ishyaka TPLF

Perezida Kagame yageze muri Kenya kuwa 18 Gashyantare, avuye muri Ethiopia kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 y’ishyaka TPLF (Tigrayan People’s Liberation Front) rimaze rishinzwe.

Indi nkuru wasoma http://www.igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/eac-abakuru-b-ibihugu-barasuzuma

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages