Kuri iyi ngoro, Perezida Nguema yakiriwe n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Biruta Vincent, Minisitri w’Umuco na Siporo, Nyirasafari Espérance, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr. Bizimana Jean Damascène n’abandi.
Perezida Nguema yagaze ku Nteko Ishinga Amategeko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 14 Mutarama, aho yatambagijwe ibice biyigize, bisobanura byimbitse amateka y’urugendo rw’ingabo za APR rwahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri uru ruzinduko rwe mu Rwanda hasinywe amasezerano ane arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo imwe ihuriweho, ubufatanye mu by’ububanyi n’amahanga, ubukerarugendo n’iby’ingendo zo mu kirere.
Perezida Kagame yavuze ko uruzinduko rwa Nguema rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi usanzwe uhagaze neza.
Yaganiriye na mugenzi we ibibazo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ibihugu byombi, byaba ibibazo by’akarere n’ibyo hirya no hino ku Isi.
Amafoto: Niyonzima Moise



















TANGA IGITEKEREZO