Uru rutonde rwakozwe na Forbs rugaragaraho abantu 73 bafite igitinyiro kuruta abandi ku isi, ruyobowe na Prezida w’u Burusiya Vladimir Putin ugarutse kuri uyu mwanya ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Angela Merkel uyoboye u Budage yazamutseho imyanya itatu aza ku mwanya wa kabiri. Barack Obama uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasubiye inyuma aza ku mwanya wa gatatu, ahita aba Perezida wa mbere w’iki gihugu utaje mu myanya ibiri ya mbere.
Papa Francis yaje ku mwanya wa Kane mu gihe umwanya wa Gatanu uriho umunyamabanga mukuru w’ishyaka rya gikominisiti mu Bushinwa Xi Jinping.
Abandi baje mu myanya icumi ya mbere harimo Bill GATES uri ku mwanya wa gatandatu, Janet Yellen ukuriye inama nkuru y’ubuyobozi ya Amerika uri ku mwanya wa Karindi mu gihe umwanya wa munani ufitwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza David Cameron.
Ku mwanya wa Cyenda hari Minisitiri w’intebe w’u Buhindi Narendra Modi mu gihe umuyobozi Larry Page umwe mu bashinze Googles akaba anayobora Alpbhabet Inc. ari uwa 10.
Ku rutonde rwa 2015 umuherwe Aliko Dangote ukomoka muri Nigeria niwe ukomoa kuri uyu mugabane uriho.
Zimwe mu mpinduka zagaragaye kuri uru rutonde ni Minisitiri w’Intebe w’uBuhindi waje mu myanya 10 ya mbere mu gihe Mario Draghi uyobora banki y’uburayi yabuze muri iyo myanya.
Muri rusange uru rutonde rurimo abantu bashya umunani. Mu bigenzi harimo umwami wa Arabia Saudite; Salman bin Abdulaziz Al Saud (14), Ban Ki-moon, Hillary Clinton (58), umugabo we Bill Clinton wigeze kuyobora Amerika (64). Umuherwe wa mbere mu bushinwa Wang Jianlin (68) ndetse na Minisitiri w’intebe wa Canada Justin Trudeau (69).
Abakiri bato baje kuri uru rutonde ni Mark Zuckerberg uyobora Facebook ufite imyaka 31 (19) na Kim Jong-un uyobora koreya y’amajyaruguru ku myaka 32(49).



















TANGA IGITEKEREZO