Perezida Ismaïl Omar Guelleh yeretswe ibikorwa by’iterambere bikorerwa muri Special Economic Zone, atemberezwa muri zimwe mu nganda zihakorera.
Yatemberejwe mu ruganda rwa STRAWTEC rukora inkuta zikoreshwa mu bwubatsi hifashishijwe ibisigazwa by’ingano, asobanurirwa imikorerre n’umusanzu warwo mu kurengera ibidukikije.
Umuyobozi w’uruganda rwa STRAWTEC, Eckardt M.P Dauck, yavuze ko yatewe ishema no kwakira Perezida wa Djibouti no kuba urwo ruganda ari rumwe mu zatoranyijwe.
Ati “Nishimiye kuba twasuwe na Perezida wa Djibouti, ni igihugu dutekereza kuba twakoreramo ndetse na Addis Ababa. Ibikorwa byacu biri ku rwego mpuzamahanga ndetse bifite ireme kurusha n’ibyo twakoraga i Burayi[….] Ndizera ko u Rwanda ruzakomeza kubona abashoramari mpuzamahanga bazakora ibikorwa nk’ibi”.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya STRAWTEC, Jean Paul Nzeyimana, yasonuye ko kuba bakoresha inkuta zikozwe mu bisigazwa by’ingano, ari umusanzu ukomeye mu kurengera ibidukikije.
Nzeyimana yagize ati “Kubaka hifashishijwe ubu buryo, bitandukanye no kubaka wabanje gucukura ushaka umucanga, amatafari, amabuye n’ibindi kuko twe tuba dufite inkuta zikoze neza ku buryo inzu ishobora kubakwa mu mezi abiri mu gihe mu buryo busanzwe yari kubakwa mu mwaka umwe”.
Igihugu cya Djibouti n’u Rwanda bisanzwe bifitanye umubano wihariye mu by’ubucuruzi dore ko tariki ya 20 Werurwe mu 2013, Djibouti yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitare 20 buri ku byambu by’icyo gihugu kugira ngo u Rwanda rubashe koroherwa n’ubuhahirane.
Djibouti ni igihugu giherereye mu ihembe rya Afurika. Kugera mu 2013 yari ituwe n’abaturage 872,932.
Ismaïl Omar Guelleh w’imyaka 68 ari kuyobora iki gihugu kuva mu 1999 aho yatoranyijwe muri uwo mwaka bwa mbere ngo asimbure nyirarume Hassan Gouled Aptidon.



















TANGA IGITEKEREZO