Condé yatorewe mu nama ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba Afurika yunze Ubumwe, AU, irimo kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, kuva kuri uyu wa 30 Mutarama kugeza kuwa 31 Mutarama 2017.
Umuyobozi wa AU atorerwa manda y’umwaka umwe, ni umwanya ugenda uhererekanywa n’abakuru b’ibihugu hakurikijwe uturere dutanu twa Afurika aritwo; Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, Iburasirazuba no hagati.
Idriss Déby yari amaze umwaka ayoboye AU, aho yasimbuye Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe. Nyuma yo gusimburwa ku ntebe y’Ubuyobozi bwa AU, Idriss Déby yashimiye mugenzi Alpha Condé.
Mu 2001 nibwo umurwango wari OUA wahindutse AU, uyoborwa bwa mbere na Perezida wa Afurika y’Epfo, Thabo Mbeki.
Kuri iki gicamunsi kandi abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bafite akazi katoroshye ko gutora Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo ya AU, usimbura Dr. Dlamini Nkosazana Zuma. Abakandida batanu barimo; Agapito Mba Mokuy wo muri Equatorial Guinea, Amina Mohamed wo muri Kenya, Moussa Faki Mahamat wo muri Tchad, Abdoulaye Bathily wa Senegal na Pelonomi Venson-Moitoi wo muri Botswana.



















TANGA IGITEKEREZO