00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

PIASS yahaye impamyabumenyi abagera kuri 253, basabwa kubera rubanda urumuri

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 19 December 2021 saa 11:44
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatandatu Kaminuza y’abaporotesitanti , PIASS yahaye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuri bayirangijemo amasomo anyuranye arimo Uburezi n’Iyobokamana.

Mu banyeshuri 253 barangije muri iyi Kaminuza uyu mwaka, abagore ni 134 bahwanye na 53%, mu gihe n’abagabo 119 bangana na 47%. Mu banyeshuri bane ba mbere, batatu ni abagore.

Dr Innocent Sibomana ukuriye ishami rya PIASS i Karongi, yavuze ko kuba abagore ari bo benshi barangije muri iyi kaminuza bivuze ko inzitizi zatumaga umugore atiga zavuyeho.

Ati “Bishatse kuvuga ko inzitizi zatumaga umugore atiga zavuyeho ariko kandi nabo ubwabo baratinyutse bariga kandi ni na wo murongo wa Leta. Twe turabyishimira cyane.”

Mukashema Catherine w’imyaka 55 urangije mu ishami ryo kwigisha Icyongereza, yasabye bagenzi be kugera ikirenge mu cye. Yize abifatanya no kwigisha ariko ntibyamubujije kugira amanota meza cyane ko afite second class upper division.

Ati “Abagore turashoboye tugomba kwiga dushyizeho umwete kuko byanagaragaye ko abazanye amanota ya mbere habonetsemo abagore babaye indashyikirwa. Nashishikariza na bagenzi banjye bandi gukunda uburezi bakiga kuko niyo soko y’iterambere”.

Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu ishinzwe amashuri makuru na Kaminuza, Dr Rose Mukankomeje yashimye uruhare rw’iyi kaminuza mu guteza imbere igihugu binyuze mu gutegura abarimu,abihayimana n’abahanga mu masomo.

Avuga ko abanyeshuri barangiza muri za kaminuza bakwiye guherekezwa bagafashwa kubona ibyo bakeneye kugira ngo babashe guhanga imirimo no kurema amahirwe y’akazi.

Ati “Mwitezweho kuba urumuri muri sosiyete aho mugiye, muharanira iterambere ry’umuryango nyarwanda. Icyo nabwira ubuyobozi bwa PIASS, ni uko Minisiteri y’uburezi izakomeza gukorana neza namwe n’abandi bafatanyabikorwa mu burezi kugira ngo tubashe kugera ku ntego duhuriyeho yo guha uburezi bufite ireme abazadukomokaho.”

Ni ku nshuro ya munani Kaminuza ya PIASS ihaye impamyabumenyi abarangijemo, uyu mwaka ikaba yashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri 253 barimo 175 bize mu ishami rya Huye na 78 bize mu ishami rya Karongi.

PIASS yahaye impamyabumenyi abagera kuri 253 biganjemo abagore
Abarangije muri PIASS i Karongi umuhango wo gutanga impamyabumenyi bawukurikiranye mu ikoranabuhanga
Abayobozi ba PIASS i Karongi bavuze ko inzitizi zatumaga abagore batiga zavuyeho
Byari ibyishimo ku basoje amasomo yabo muri PIASS

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .