Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ahagana mu ma saa kumi za mu gitondo, mu Murenge wa Muhima,Akarere ka Nyarugenge, nibwo imbere y’inyubako izwi nka CHIC ahahoze Eto Muhima hagaragaye inkongi muri ruhurura hahiramo abana batatu b’inzererezi, babiri bitaba Imana. Uwa gatatu arembeye ari kuvurirwa mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
Iperereza ry’ibanze ryakozwe na Polisi y’u Rwanda ryerekana ko abazamu batatu aribo bateje iyi nkongi y’umuriro, bakaba bari gushakishwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yavuze ati “Polisi y’u Rwanda yatangiye ibikorwa byo gushakisha abakekwaho iki gikorwa cya kinyamaswa kugira ngo batabwe muri yombi. Turasaba uwo ari we wese wagira amakuru yatuma bafatwa kuyatugezaho.”
Mu itangazo ryashyizwe ahagarara na Polisi y’u Rwanda, yihanganishije imiryango yabuze abana babo.
Inkuru bifitanye isano:
– Minisitiri Busingye yavuze ku bana b’inzererezi batwikishijwe lisansi kugeza bapfuye
– Kigali: Abana b’inzererezi batatu batwikiwe muri ruhurura, babiri barapfa



















TANGA IGITEKEREZO