00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Polisi yagiye mu rugo rwo kwa Diane Rwigara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 September 2017 saa 05:09
Yasuwe :

Ahagana saa kumi na 45, Polisi y’u Rwanda yagiye mu rugo rwo kwa Rwigara Assinapol ruherereye mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali nyuma y’aho Diane Rwigara n’abandi bo muri uyu muryango bategerejwe n’ubugenzacyaha aho bagombaga kwitaba uyu munsi ariko ntibabikore.

Polisi imaze iminsi ikora iperereza ku byaha Diane Rwigara n’abo mu muryango wa Rwigara bakekwaho, bakaba bitabaga ubugenzacyaha.

Kuri uyu wa Mbere bagombaga kwitaba Polisi ahagana saa tatu z’igitondo ariko bigera saa saba n’igice nta n’umwe witabye.

Abapolisi bahagaze basaba ko bafungura, bavuza amahoni ku muryango ariko hashira iminota igera ku 10 nta muntu ufungura. Bahise bitabaza urwego burira hejuru y’urugi barafungura kuko umuryango wari ufungiye imbere.

Bamaze gufungura, basanze Diane Rwigara, Anne Rwigara, Adeline Rwigara na Musaza wabo Rwigara Arioste bikingiranye mu nzu niko kujyana ku bugenzacyaha batatu, umuhungu arasigara.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Polisi yatangaje ko abo mu muryango wa Rwigara basabye ko ihamagarwa risubikwa bakabanza bakaganira n’abanyamategeko babo barabyemererwa, bakaba bagombaga kwitaba uyu munsi.

Polisi yageze mu Kiyovu aho Diane Rwigara n'umuryango we batuye nyuma yaho batitabye ubugenzacyaha

Inkuru bifitanye isano: Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo bakuwe mu rugo rwabo ku ngufu (Amafoto)


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages