00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Prof Dr Rajendran yasabye urubyiruko kwirinda icyateza Jenoside

Yanditswe na Muyisenge Jean Felix
Kuya 28 February 2022 saa 08:27
Yasuwe :

Inzobere mu buvuzi bukoresheje imiti ikomoka ku bimera, Prof. Dr Rajendran Aanaimuthu, washinze ikigo cya Life Care Phyto Labs-India gikora imiti ikomoka ku bimera, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali asaba urubyiruko kwirinda icyatuma hari aho iba.

Prof Prof Dr Rajendran umaze iminsi mu Rwanda mu bikorwa byo kuzana uruganda rwe mu Rwanda, kuri iki Cyumweru tariki ya 27 Gashyantare 2022, yunamiye inzirakarengane zishyinguye muri uru rwibutso ashima intambwe igaragara igihugu kimaze gutera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma yo gusura urwibutso no gusobanurirwa amateka yaranze u Rwanda n’ubugome Jenoside yakoranywe, yasabye urubyiruko kwirinda icyo aricyo cyose gishobora kongera gutera Jenoside.

Ati “Iri n’isomo ku rubyiruko rugomba gukora ku buryo ibi bitongera kubaho.”

Uyu mugabo kandi yavuze ko ibyabaye mu Rwanda bidakwiye kugira ahandi biba ku Isi.

Ati “Ibi ntibikwiriye kuba kuri iki gihugu n’ahandi hose ku Isi. Ndashimira indangagaciro iki gihugu cyimitse urabona ko cyiri kugana aheza.”

Prof. Dr Rajendran yari amaze iminsi mu Rwanda aho yaje kwiga ku buryo yakwagura ibikorwa bye, maze imiti ye ikazajya ihakorerwa ndetse ikanakwirakwizwa ku mugabane wa Afurika biciye mu bigo bafitanye amasezerano y’imikoranire.

Life Care Phyto Labs-India isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire n’ibigo bitandukanye birimo n’igikorera mu Rwanda kizwi nka Bold Regain International yo gukwirakwiza inyongeramirire mu bihugu binyuranye ku Isi.

Iryamwiza Jacqueline ukuriye Bold Regain International mu Rwanda, yatangaje ko ari inshingano za buri Munyarwanda kunamira inzirakarekangane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati “ Aya ni amateka yacu tugomba guhora tuza kureba. Ni ku bw’iyo mpamvu twazanye na Prof. Dr Rajendran ngo tubimwereke nk’abantu bari muri Bold Regain International yaje asuye.”

Iryamwiza kandi yatangaje ko bateganya kuhajyana n’abandi bashyitsi batandukanye bazajya babasura.

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga 250 000 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iryamwiza Jacqueline ukuriye Bold Gain International yakanguriye Abanyarwnda kujya bereka abashyitsi amateka ari ku rwibutso rwa Gisozi
Life Care Phyto Labs-India isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire na Bold Regain International yo gukwirakwiza inyongeramirire
Prof. Dr Rajendran yasobanuriwe amateka yaranze u Rwanda n’ubugome Jenoside yakoranywe
Prof. Dr Rajendran Aanaimuthu yasinye mu gitabo cy'abasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .