Iki cyemezo cyafatiwe mu Nama Nkuru ya PSP yateraniye mu Karere ka Rubavu ku wa 20 Kanama 2023.
Mu itangazo ryo ku wa 26 Nzeri 2023, PSP yageneye itangazamakuru, yavuze ko ryishimiye gushyigikira Perezida Kagame kubera “ubushake, umurava, urukundo no gukomeza gukorera Abanyarwanda no kubateza imbere yagaragaje ubwo yatangazaga ko azatanga kandidatire mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu 2024.’’
Ku wa 19 Nzeri 2023 ni bwo Perezida Kagame yashimangiye ko ari umukandida mu matora ataha y’Umukuru w’Igihugu. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ubwo yari abajijwe niba kuba yarongeye gutorerwa kuyobora FPR Inkotanyi n’amajwi 99,8% bishimangira ko azongera kwiyamamaza.
Yagize ati “Ndishimye ku bw’icyizere Abanyarwanda bamfitiye. Nzakomeza kubakorera uko nshoboye. Yego, rero ndi umukandida.”
PSP yagaragaje ko yiyemeje gukomeza gushyigikira Perezida Kagame kubera uruhare rwe mu kongera kubaka u Rwanda.
Itangazo ryayo rikomeza riti “Ishyaka PSP rirashima Nyakubahwa Paul Kagame kuko yayoboye urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rukabohorwa. Yaharaniye ubumwe bw’Abanyarwanda kandi n’ubu birakomeje.’’
Mu bindi PSP ishimira ubuyobozi bwa Perezida Kagame ni uko ubukungu bw’u Rwanda bwateye imbere, imibereho myiza y’abaturage irazamuka ndetse bagira agaciro ku ruhando mpuzamahanga.
Perezida wa PSP, Nkubana Alphonse, yabwiye IGIHE ko indi mpamvu ikomeye izatuma bamushyigikira ari uko imvugo ye yakomeje kuba ingiro.
Ati “Yiyamamaza mu 2017 ibyo yasezeranije biragaragara ko byashyizwe mu bikorwa ku gipimo gishimishije. Kubaka imihanda, ibitaro, amashuri n’ibindi bikorwaremezo byarakozwe.’’
“Abanyarwanda muri rusange bava mu byiciro byose bateye imbere mu buzima busanzwe no guhindura imyumvire. Twizeye kubona ibindi byinshi byiza u Rwanda ruzageraho natorerwa indi manda.’’
@psp_rwanda
Nyakubahwa President wa Repubulika y,Urwanda@PaulKagame,
Inama Nkuru y,ishyaka PSP
Yateraniye Rubavu ,
Ku italiki ya 19 na 20 ukwezi kwa 8 ,2023 yemeje kubashyigikira nimwemera kuba umukandinda mumatora
Ya 2024 .
Tuzabashyigikira @rpfinkotanyi@NFPO_Rwanda— Nkubana Alphonse (@NkubanaAlphonse) September 20, 2023
Manda ya mbere ya Perezida Kagame yayitorewe mu 2003 n’amajwi 95%. Iya kabiri yari iyo mu 2010, ubwo nabwo yatorwaga agize amajwi 93%.
Itegeko Nshinga ryari ririho icyo gihe ryagenaga ko Umukuru w’Igihugu atagomba kurenza manda ebyiri. Ku busabe bw’abaturage barenga miliyoni eshanu, Inteko Ishinga Amategeko yavuguruye Itegeko Nshinga, yemererwa kongera kwiyamamaza mu 2017.
Mu itora ryo ku wa 3-4 Kanama 2017, Perezida Kagame yagize amajwi 98,79 %; ahize umukandida wigenga Mpayimana Philippe [0.73%] na Dr Frank Habineza watanzwe na Green Party wagize 0.48%.
Itegeko Nshinga ryavuguruwe mu 2015, rimwemerera kwiyamamaza kugera mu 2034. Manda zikurikiyeho zavanwe ku myaka irindwi, igirwa itanu.
Ishyaka ry’Ubwisungane bugamije Iterambere, PSP, ni rimwe muri 11 yemewe mu Rwanda. Politiki yaryo ishingiye ku kwimakaza ubwisungane, ubutabera n’iterambere rirambye mu kubaka igihugu kidaheza.
ITANGAZO
RIGENEWE ABANYAMAKURU
RIVUYE MW,ISHYAKA RY,UBWISUNGANE BUGAMIJE ITERAMBERE(PSP)@rbarwanda @NewTimesRwanda @IGIHE @kigalitoday @NFPO_Rwanda @psp_rwanda pic.twitter.com/MmBrsoiZuZ— Nkubana Alphonse (@NkubanaAlphonse) September 26, 2023



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!