00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Radio BBC yaregewe urukiko mu Rwanda

Yanditswe na

Izuba Rirashe

Kuya 14 May 2013 saa 12:41
Yasuwe :

Radio BBC iraregwa n’Umunyarwanda ufungiye muri Gereza Nkuru ya Kigali, ayishinja icyaha cyo gusebanya (defamation) binyuze kuri BBC Gahuzamiryango.
Majoro Vital Uwumuremyi ufungiye muri Gereza Nkuru ya Kigali, yavuzweho kwihagarika ku isahani y’undi mufungwa witwa Ntaganda Bernard muri Nzeri umwaka ushize.
Inkuru yatambutse taliki 20 Nzeri 2012 kuri BBC Gahuzamiryango, yumvikanyemo uwitwa Bakunzibake avuga ko Ntaganda afashwe nabi muri gereza ndetse ko byageze naho hari abihagarika mu (…)

Radio BBC iraregwa n’Umunyarwanda ufungiye muri Gereza Nkuru ya Kigali, ayishinja icyaha cyo gusebanya (defamation) binyuze kuri BBC Gahuzamiryango.

Majoro Vital Uwumuremyi ufungiye muri Gereza Nkuru ya Kigali, yavuzweho kwihagarika ku isahani y’undi mufungwa witwa Ntaganda Bernard muri Nzeri umwaka ushize.

Inkuru yatambutse taliki 20 Nzeri 2012 kuri BBC Gahuzamiryango, yumvikanyemo uwitwa Bakunzibake avuga ko Ntaganda afashwe nabi muri gereza ndetse ko byageze naho hari abihagarika mu masahani ye.

Uwunganira Major Vital Uwumuremyi ntiyashatse kuvuga byinshi kuri iyi nkuru, ariko yemeza ko koko bareze BBC (British broadcasting corporation) kandi bashaka indishyi z’akababaro.

Me Murenzi Eugene yagize ati "Dosiye iri mu rukiko, twareze dushingiye ku nkuru yatambutse kuri BBC twebwe twumva yaramusebeje [Vital Uwumuremyi]. Turasaba indishyi.”

Umunyamategeko uhagarariye BBC, Richard Mugisha ntabwo yemeye kuvugana n’ikinyamakuru Izuba Rirashe kuri iyi nkuru, ariko urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwemeje ko urubanza ruteganijwe taliki 05 Kamena 2013.

Umuvugizi w’inkiko Charles Kaliwabo, yagize ati "Barasaba indishyi z’akababaro zo kuba BBC yaba yarasebeje Vital [Uwumuremyi].”

Me Nkongoli yiteguye kuba umutangabuhamya

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yakurikiranye amakuru yavugaga ku ifatwa nabi rya Ntaganda Bernard muri Gereza Nkuru ya Kigali (Ubu Ntaganda yimuriwe muri gereza ya Nyanza).

Komiseri muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu, Me Nkongoli Laurent avuga ko ibyavuzwe kuri BBC ko Major Uwumuremyi Vital yihagaritse mu masahani ya Ntaganda ari ibinyoma bikomeye, ko ahubwo yaba afite ibindi agamije.

"Njyewe nagiyeyo kugira ngo atwereke ibyo bihagaritsemo ariko Ntaganda aranga, twanashatse kujyana ayo masahani muri laboratwari ariko Ntaganda arabyanga, ndetse tubaza icyo gihe Vital arabihakana, ariko tumenya ko Ntaganda na bagenzi be batashakaga ko Vital Uwumuremyi abana nabo [aho bari bafungiye]. Uriya [Ntaganda Bernard] ni umunyabinyoma. Rwose nanjye bazampamagare njye gutanga ubuhamya muri urwo rubanza.”

Nubwo amakosa akozwe mu itangazamakuru hari uburyo akosorwa cyangwa agahanwa n’inzego zigenzura itangazamakuru mbere yo kujya mu nkiko, iki kibazo cya BBC na Vital Uwumuremyi kiri mu rukiko, kandi Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) itabizi, nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wayo yabitangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages