Iyi ni tombola RBA iyifatanyije n’ikigo RM Communications cyamamaye mu bikorwa by’itumanaho no kwamamaza, aho bagamije gushimisha Abanyarwanda mu mpera z’iminsi mikuru no mu ntangiriro z’umwaka mu mushya.
Umunyakuru wa RBA, Uwera Jean Maurice, yabwiye IGIHE ko iyi tombola yashyizweho kugira ngo ibi bigo byishimane n’Abaturarwanda muri rusange.
Ati "Ni igikorwa kigamije kwishimana n’abanyarwanda, kuri ubu bamwe bamaze gutsindira imodoka, amafaranga n’ibindi. Twagiye tuberekana mu kiganiro gica kuri Televiziyo y’u Rwanda, ari naho iyi tombola ibera."
Kuba umwe mu banyamahirwe batsindira ibihembo bya ‘TSINDA PE’ ni ugukanda *569# ugakurikiza amabwiriza, maze ukabarwa hamwe n’abamaze gutsindira ibihembo birimo imodoka, moto, amafaranga n’ibindi.
Iyi tombola yatangiye tariki ya 1 Ukuboza 2022, izamara iminsi 90. Igikorwa cyo gutombora gica kuri Televiziyo y’u Rwanda.
Igihembo cy’imodoka gitangwa buri nyuma y’iminsi icumi, icya moto buri cyumweru, icya telefone igezweho (smartphones), televiziyo na dekoderi n’amafaranga (miliyoni) buri munsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!