00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Referendumu:Ishyaka PL ryahamagariye abanyarwanda gutora ‘Yego’

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 10 December 2015 saa 01:56
Yasuwe :

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu,PL ryasabye abayoboke baryo ndetse n’Abanyarwanda muri rusange gutora ‘Yego’ muri Referendumu.

Mu itangazo iri shyaka ryasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ukuboza, Visi Perezida w’ishyaka PL, Madamu Donathile Mukabalisa yavuze ko inama ya Komite nyobozi y’iri shyaka yishimiye intambwe imaze guterwa mu gushyira mu bikorwa ibyifuzo by’abanyarwanda barimo n’abayoboke b’Ishyaka PL byo kuvugurura Itegeko Nshinga.

Ishyaka PL rikaba ryasabye by’umwihariko abayoboke baryo n’Abanyarwanda muri rusange kuzakoresha uburenganzira bahabwa n’Itegeko bagatora ‘Yego’ muri Referendumu iteganyijwe kuri uyu wa 17 na 18 Ukuboza 2015.

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu PL ni rimwe mu mashyaka yemewe ndetse rimaze igihe kinini rikorera mu Rwanda.

Abayoboke ba PL barakangurirwa gutora 'Yego' muri Referendumu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages