Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Polisi yarashe abantu babiri bakekwaho ubujura mu gikorwa cyo gusaka abakekwaho ubujura batuye Nyabisindu, mu Murenge wa Remera, i Kigali, bombi barapfa.
Nyuma y’uko Polisi ifashe babiri muri barindwi bakekwaho ubujura n’ubwicanyi buherutse gukorerwa mu Karere ka Rwamagana muri iki Cyumweru kiri gusozwa, yakomeje igikorwa cyo gufata abandi batanu bari basigaye batarafatwa nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SSP Mwiseneza Urbain yabitangarije IGIHE.
Polisi isobanura ko hari abantu babiri bafashwe mu gitero cyokorewe i Rwamagana, akaba ari nabo bari baje kwerekana aho abandi bakoranye icyo cyaha bari, ngo nabo batabwe muri yombi. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Polisi yabasanze aho basanzwe baba mu Mudugudu w’Amarembo, mu Kagali Ka Nyabisindu, mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Gasabo, i Kigali, abo bakekwaho ibyaha babonye Polisi bariruka, Polisi irasa amasasu bapfa ari babiri.
SSP Mwiseneza ati “Mu rukerera rw’i Saa kumi n’imwe, Polisi yari igiye mu gikorwa cyo gusaka, mu gihe bari batangiye igikorwa cyo kwinjira aho abo bajura babiri basanzwe batuye, bombi bakibona Polisi bahita biruka. Polisi yabakurikiye irabarasa barapfa.”
Abarashwe bagapfa ni uwitwa Hagenimana Sam na Mwishyuza Sylvain, hasigaye gufatwa abandi batatu, nk’uko SSP Mwiseneza yabitangaje.
Abaturage bumvise aya masasu bavuga ko agera kuri 15 kuko ngo yaraswaga mu buryo bukurikirana. Polisi ivuga ko ngo abaraswagwaho batafatwagwa n’amasasu yose, ikanahumuriza abaturage bakanzwe n’urusaku rwayo, ko kugera ubu umutekano umeze neza, inabashishikariza gukomeza ibikorwa byabo nk’uko bisanzwe.
Aba bajura barindwi, ngo baherutse kwiba mu iduka ry’I Musha mu Karere ka Rwamagana, bica abantu babiri bakomeretsa n’abandi benshi.



















TANGA IGITEKEREZO