00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Restaurants zimwe zihisha byinshi bitatuma hari uwemererwa kwinjira mu bikoni atahakora

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 5 September 2015 saa 08:22
Yasuwe :

Iyo winjira muri Restaurant zo mu Mujyi wa Kigali wakiranwa urugwiro ariko kurunguruka mu bikoni uretse no kwinjiramo utahakora, bikomeye ndetse hamwe ntibishoboka mu gihe hari abagira amatsiko yo kureba aho ibyo barya bitegurirwa.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’abakozi ndetse na bamwe mu bacuruza ibya restaurant bavuga ko hari impamvu zitandukanye zituma badashobora gupfa kwemerera umuntu uwo ari we wese kwinjira aho batekera.

Impamvu benshi bahurizaho, zishingiye ahanini ku isuku nke n’amakenga ku muntu ushobora kwinjira mu gikoni akaba yahumanya amafunguro ahategurirwa.

Kutagira ibikoresho byose basabwa n’inzego zigenzura isuku, kuvanga inyama z’inka n’izihene n’amafi no kuba ibintu byose babikorera bakanabibika mu bikoni byabo ni bimwe mu byo banyiri izo restaurant bavuga ko bituma badashobora gupfa kwemerera buri muntu kwinjira aho batekera bitewe n’uko hari ababifata nk’umwanda.

Ibikomeye bahisha ni ibigendana n'ubuziranenge bw'amafunguro

Umwe mu bacururiza muri restaurant yitwa Fatimbaraga iherereye ku Kimisagara wanze ko izina rye ritangazwa, yatangarije IGIHE ko impamvu ituma nta muntu n’umwe bemerera kwinjira aho batekera, ari ugutinya gucibwa ihazabu.

Ati “Byose erega biterwa n’urwicyekwe umuntu aba afite kuko ntiwapfa kwizera buri muntu ku buryo anagera aho utekera, kuko abantu ni bo bagenda bakadutangaho amakuru ngo ibyo dukora tubikorana umwanda bigatuma baza bakaduca amande (ihazabu).”

Kamali Peter we yagize ati “Impamvu n’uko hari umuntu ushobora kuza yasanga abakozi bari kogereza ibyombo mu gikoni cyangwa harimo akajagari bitewe n’uko muba mwatangiye akazi, we agahita yumva ko ibyo mukora byose mubikorana umwanda ku buryo ahanini usanga biba bituma tutajya twumva ko buri muntu wese yahinjira.”

Kwinjira mu bikoni ntibifatwa kimwe muri Restaurant ziciriritse n’izuyubashye

Nyiri Restaurant Veni Vidi iherereye mu Mujyi wa Kigali rwagati avuga ko kwinjira mu gikoni ari uburenganzira bw’umukiriya igihe abisabye ngo ashire amakenha y’isuku y’ahategurirwa amafunguro aba aje kugura mu mafaranga ye.

Ati “Jye rwose nta kibazo buri muntu wese wabishaka yaza akahareba cyane ko dutekera ahantu haba hanagaragara.”

Mu bikoni haba hari byinshi bituma bandika ku rugi ngo "Birabujijwe kwinjira hano utahakora" cyangwa ngo "For Staff Only"

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Gorillas Golf Hotel, Gikundiro Ynes, na we yagaragaje ko gutungurwa nta kibazo bibatera ahubwo ari byiza cyane.

Ati “Muri rusange kudusura badutunguye tubyakira neza kuko isuku kuri twe ari ibintu bisanzwe, bitewe n’uko duhora twiteguye ku isuku ntagihinduka n’ejo uje wasanga isuku ihari.”

Uturere tumwe na tumwe cyane cyane utw’Umujyi tujya tugira gahunda yo kugenzura isuku, n’ubwo Atari mu buryo buhoraho, gusa ahenshi usanga hari ibyo haba hanengwa, ibyo bigatuma bamwe mu bafata amafunguro muri Restaurants basaba ko igikorwa nk’icyo cyajya gikorwa kenshi kandi mu buryo butunguranye, bityo ntihazagire utezuka ku nshingano z’isuku.

Mu mwaka wa 2013, Ubushakashatsi bwari bwagaragaje ko indwara nyinshi zivurirwa mu bigo nderabuzima ari izikomoka ku isuku nke, mu gihe hanatangazwaga ko Leta itakaza miliyari zisaga 32 z’amanyarwanda mu gusana no gusukura, mu gihe hahinduwe imyumvire aya mafaranga yafasha mu kongera ibikorwa remezo.

Thamimu Hakizimana


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages