Muri iki gikorwa, cyabereye mu Karere ka Musanze, hashimiwe usora umwe wabaye indashyikirwa muri buri Karere muri dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, uwahize abandi mu misoro yeguriwe inzego z’ibanze, usora wakoresheje neza EBM n’umuguzi wasabye fagitire nyinshi za EBM mu ntara yose.
Komiseri Mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal, yavuze ko gushimira abasora ari umunsi usanzwe ku Kigo cy’Imisoro n’Amahoro n’abasora muri rusange, kandi ko ari umwanya wo gusubiza amaso inyuma, hakarebwa ibyiza byinshi byakozwe.
Yagize ati "Igihe nk’iki cyo gushimira abasora, ni umwanya wo kwereka Abanyarwanda n’abasora muri rusange ibikorwa igihugu cyagezeho bivuye mu mafaranga baba barasoze kandi na bo bakabigiramo inyungu."
Yakomeje ashishikariza abasora gukoresha imashini za EBM kuko bibagirira inyungu haba mu gukurikirana ibyo bacuruje ndetse no gukurikirana neza imisoro ndetse abasaba kugira umuco wo kumenyekanisha imisoro hakiri kare kuko iyo barindiriye amatariki ya nyuma usanga hari ibibazo bakunze guhura na byo harimo kugwa mu bihano by’ubukererwe.
Komiseri Mukuru yijeje abasora n’abandi bafatanyabikorwa ko RRA izakomeza kunoza imikorere no kubegera hirya no hino, hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo bahura na byo ariko abasaba kubafasha kurwanya magendu.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, Mukanyarwaya Donatha, yashimiye abasoze neza na RRA kuba yarumvishe abasora ndetse ikaborohereza mu gukemura ibibazo bari bafite bigatuma biteza imbere kandi bagateza imbere igihugu cyabo.
Ati “Ndashimira abasora cyane cyane abasoze neza, ndashimira RRA uburyo yadushyiriyeho kuko bwafashije abasora gukemura ibibazo bagiraga ubu bakaba bari gukora bagatera imbere. Ndasaba Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kurushaho kwegera abasora bakabigisha ikoranabuhanga kuko hari bamwe usanga batararisobanukirwa neza."
"Nkaba nongera gushishikariza bagenzi banjye gusora neza kandi ku gihe, twirinda ibikorwa byose byadushora mu kunyuranya n’amategeko y’imisoro. Ndabasaba kandi gutanga fagitire ya EBM, twirinda magendu aho iva ikagera."
Minisitiri w’Ingabo, Marizamunda Juvenal wari Umushyitsi Mukuru muri ibi birori, yashimiye abasora n’ababaye indashyikirwa abasaba kwirinda ibikorwa bya magendu kuko ahaciye magendu hanyuzwa n’ibindi bikorwa byahungabanya umutekano w’Igihugu.
Yasabye inzego z’abikorera gukomeza kugira uruhare rugaragara mu kuzamura imyumvire mu birebana no gusora no kwimakaza ubufatanye hirindwa kunyereza imisoro n’amahoro kandi ababikora bakagaragazwa kugira ngo bagirwe inama.
Gushimira abasora ni igikorwa ngarukamwaka kibaye ku nshuro ya 21. Cyashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda nk’umwanya mwiza wo kumurikira Abanyarwanda ibikorwa byagezweho binyuze mu misoro yatanzwe, gushimira ababigizemo uruhare bose kugira ngo bizamure imyumvire ku misoro no gushimangira ubufatanye hagati ya RRA, Urugaga rw’Abikorera (PSF) n’izindi nzego.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!