Ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB: Rwanda Social Security Board) kirifuriza Umukuru w’igihugu n’umuryango we, Abagize Guverinoma, abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ingabo z’igihugu na Polisi y’igihugu, abanyamuryango bose, abagenerwabikorwa n’abafatanyabikorwa ba RSSB n’abanyarwanda bose muri rusange, umwaka mushya muhire wa 2014.
RSSB irashimira abanyamuryango, abagenerwabikorwa n’abafatanyabikorwa bayo uburyo bakoranye mu mwaka wa 2013, ikaboneraho kubifuriza ko ubwo bufatanye bwakomera kurushaho. Iributsa abakoresha kurushaho gushyira abakozi babo mu bwiteganyirize, umwaka utaha uzabe uw’ihirwe, uburumbuke n’inyungu ku bakozi no ku bakoresha.
Amavuriro ndetse n’amafarumasi byigenga bikorana na RSSB, birasabwa kurushaho kugira imikorere inoze no gutanga serivisi nziza ku banyamuryango ba RSSB babigana, bityo imikoranire izarusheho kuba ntamakemwa mu mwaka utaha wa 2014.
Ubuyobozi bukuru bwa RSSB



















TANGA IGITEKEREZO