Ibi byagaragajwe ubwo RSSB yamurikiraga inzego n’ibigo bitandukanye birimo MINALOC, MINISANTE na USAID inyigo yerekana uko gahunda ya Mutuelle de Santé izaba yifashe.
Umuyobozi wa RSSB Dr Daniel Ufitikirezi yasobanuye ko amafaranga agenewe gukoreshwa muri gahunda ya Mutuelle de Santé azaba ari hamwe kuri konti bitume bishyura amavuriro ku gihe bityo abarwayi bahabwe serivisi nziz.
Yakomeje yizeza ko ikibazo cy’abaturage batinda kuvurwa no guhabwa imiti kitazongera kubaho kuko RSSB itazatinda kwishyura amavuriro azaba yatanze izo serivisi ku barwayi.
Dr Ufiteyezu yongeyeho ko ku bijyanye n’amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, atazigera yiyongera.
Yagize ati’’Ibyiciro byemejwe ni bitatu icya mbere cy’abantu batishoboye kizakomeza kujya gitanga 2000, igikurikiyeho gitange 3000 mu gihe icya gatatuu kizajya gitanga amafaranga 7000 ku bafite ubushobozi gusa bishobora kujya bihinduka bitewe n’ibyiciro by’ubudehe uko bizajya bihindurwa.’’
Umwanzuro wo kwegurira RSSB gucunga ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mituelle de Santé, wafatiwe mu mwiherero wa 11 w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro.



















TANGA IGITEKEREZO