Muri uyu Murenge kandi hituwe amatungo yatanzwe muri Gahunda ya Girinka, aho hatanzwe inka esheshatu n’amatungo magufi arimo intama 14 n’ihene imwe.
Nyirabiceri Kabibi uri mu bahawe inzu yavuze ko ashima Leta y’u Rwanda yamuzirikanye ashimangira ko azafata neza inzu yahawe.
Ati “Twiberaga hanze kuko inzu twari dufite yari yarasenyutse, imvura yagagwa tukanyagirwa. Ndashimira ubuyobozi cyane ko budukuye muri ibyo bibazo.”
Nyirahirigita Julienne nawe yavuze ko inzu yahawe izamufasha kwivana mu bwigunge no kwiteza imbere, ati “Nari mu bwigunge cyane, twararaga hanze, buri gihe tukaba duhangayikishijwe n’imvura ishobora kugwa ari nyinshi ikadutera, bwari ubuzima bugoye. Ndashimira Leta idutabaye.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Uwimana Vedaste, yasabye abahawe izi nzu kuzifata neza.
Ati’’Muhawe nziza, muzazigirire isuku mwirinde amakimbirane kuko atuma abana badakura neza namwe mukadindira ntimutere imbere. Ntimwemerewe kugurisha inzu mwahawe kuko byatuma uwayihawe agaruka kuba umuzigo kuri Leta.”
Uyu muyobozi yavuze ko igikorwa cyo gutanga izi nzu gikomeje, ati “Turabizeza ko n’abasigaye badafite inzu muzabona”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!