00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abahoze mu bushomeri bamaze kwizigamira asaga miliyoni 20 Frw

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 17 May 2017 saa 08:37
Yasuwe :

Urubyiruko rwo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Rubavu, rwibumbiye mu makoperetive yo kwiteza imbere binyuze mu mirimo iciriritse rumaze kwivana mu bushomeri ndetse ubu rumaze kwizigamira amafaranga asaga miliyoni 20 z’amanyarwanda.

Bamwe muri uru rubyiruko ntibabashije kurangiza amashuri yisumbuye n’abayarangije babura akazi. Nyuma yo guhabwa amahugurwa y’uburyo bakwiteza imbere, bakoranye n’ibigo by’imari iciriritse bishyira hamwe bahanga imirimo iciriritse irimo iy’ubugeni, ubuhinzi n’ubworozi none bimaze kubazamura.

Uwizeyimana Dorothée w’imyaka 23 avuga ko yatangiriye ku mafaranga make ariko ubu akaba amaze gutera intambwe ishimishije.

Ati “Natangiranye amafaranga 5000 ngura irangi n’uburoso, Gen. Mubaraka ampa ibihumbi 100, kuva ubwo ntangira gukora byisumbuyeho. Mfite isoko ryo mu murenge wa Cyanzarwe ryo gushushanya ibirango by’amashuri n’ibyapa, nkaba mfite amafaranga ibihumbi 500 kuri konti. Ndateganya gushinga ‘atelier’ ikomeye izamfasha kwitabira amamurikagurisha.”

Mugenzi we Dusengemungu Arsène wo mu murenge wa Rubavu avuga ko hamwe na babgenzi be bahisemo guhinga ibitunguru bikaba bimaze kubaha umusaruro.

Yagize ati "Njye na bagenzi banjye twatangiye twizigamira amafaranga 500 ageze ku bihumbi 473 tuyashora mu buhinzi bw’imboga n’ibitunguru ubu tukaba tugeze kuri miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yashimye intambwe uru rubyiruko rwateye asaba abandi kurufatiraho urugero bakorana n’amabanki kugira ngo babashe kwiteza imbere.

Ku ruhande rw’umushinga TechnoServe ari na wo wahuguye urubyiruko rugera kuri 200, Umuyobozi wawo Tuyisenge Angelique, avuga ko nta mafaranga make abaho, ko icyo babafasha ari ukububakamo icyizere.

Uru rubyiruko rwamurikiwe Akarere ni 201 baje biyongera kuri 743 bahuguwe mbere, hanahembwa amakoperative arindwi yabaye indashyikirwa mu gukora neza, aho buri koperative yahembwe miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, naho abikorera ku giti cyabo umunani buri umwe yahembwe amafaranga ibihumbi 340.

Bamwe mu basoje amahugurwa abafasha mu kwihangira imirimo
Amahugurwa bahawe yabafashije kwiteza imbere babikesha kwitabira imirimo iciriritse
Amakoperative yitwaye neza yahawe igihembo
Bimwe mu bikorwa by'ubukorikori bikorwa n'uru rubyiruko
Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu yasuye koperative y'abahinzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages