00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abangavu 128 barasambanyijwe banaterwa inda mu 2021

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 16 December 2021 saa 08:28
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko abangavu 128 basambanyijwe bakanaterwa inda kuva uyu mwaka watangira, abagabo babigizemo uruhare babashije kugezwa imbere y’inkiko ni 47.

Ibi byatangajwe ubwo hakorwaga ubukangurambaga bw’ibiganiro mu mashuri hagamijwe kurwanya inda ziterwa abangavu. Bwakorewe mu mashuri atandukanye yo mu Karere ka Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yavuze ko mu bangavu barenga 128 batewe inda muri aka karere abasaga 42 babashije gusubizwa mu ishuri ndetse mu bagabo babasambanyije abagera kuri 47 bashyikirizwa inkiko.

Ati “Dufite imibare myinshi y’abana bahohotewe, kandi ni ikibazo dushaka ko gicika burundu kuko na Leta yagihagurukiye. Tumaze kugeza mu nkiko abantu 47 bahohoteye abana ngo babiryozwe, ndetse dufite abangavu basaga 42 bahohotewe nyuma basubizwa mu ishuri ngo babashe kwisanga muri rubanda.”

Kambogo yakomeje avuga ko abana bazakomeza kwigishwa ubuzima bw’imyororokere, abacikirije amashuri bayasubizwemo ndetse abandi bajyanwe kwiga imyuga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Amadini mu kubungabunga ubuzima (RICH), Gatete Jean Marie, yavuze ko batekereje kwegera abanyeshuri kugira ngo nabo bazajye bigisha bagenzi babo.

Ati “Ikibazo cyo gusambanya abangavu kibangamiye igihugu cyose, rero iyo tubashije kuganiriza urubyiruko biba ari umusanzu ukomeye kuko abo bana twaganirije nabo babasha kwigisha bagenzi babo.”

Yakomeje avuga ko ubukangurambaga buzakomeza bwibanda ku rubyiruko kuko arirwo rugerwaho n’ingaruka nyinshi cyane.

Abanyeshuri bitabiriye ubu bukangurambaga bagaragaje ko bagenzi babo batwaye inda ubuzima bwabaye bubi bakava mu ishuri.

Nirembere Fulgence, umunyeshuri wo mu Murenge wa Busasamana yavuze ko abangavu benshi bagwa mu bishuko byo gusambanywa kubera kutanyurwa n’ubuzima iwabo babayemo.

Ati “Abanyeshuri benshi bagiye batwara inda bacikirije amashuri, ariko abo mu miryango imwe n’imwe bo bahitaga bajya ku kindi kigo. Impamvu aba bana basambanywa abenshi bagwa mu bishuko kubera kutanyurwa n’ubuzima babayemo.”

Nirembere yasabye ko kugira ngo iki kibazo gikemuke hajya hahanwa uwabigizemo uruhare wese.

Uwamahoro Evelyne, wiga mu kigo cyitiriwe Mutagatifu Matayo yavuze ko ihohoterwa ridashobora gucika hadashyizweho ibihano bikakaye ku bagabo bahohotera abangavu.

Ati “Ihohoterwa twebwe nk’abakobwa duhura naryo kenshi, kandi abagabo baduhohotera bagakwiriye guhanwa bihanukiriye, ariko natwe tukigishwa, ariko ikibabaje ni uko duhohoterwa n’abagabo bubatse.”

Ikibazo cy’umubare w’abana baterwa inda si umwihariko wa Rubavu kuko kiri mu bihangayikishije igihugu. Mu 2021 abana b’abakobwa 1336 bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, batewe inda.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko bari gushyira imbaraga mu gufata abagabo basabambanyije abo bana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages