Nahimana Maurice yashimiye ubufasha yahawe, avuga ko na we azaharanira kudatatira igihango.
Ati “Ndashimira Umuryango FPR Inkotanyi wampaye inzu yo guturamo nyuma y’imyaka myinshi nkodesha, akenshi nkanabura ikodi ngasemberana n’abo nabyaye babiri. Ibi byampaye isomo ryo kutazahemukira uyu muryango, kandi niteguye kwifatanya nawo mu bikorwa uzajya ukora byo kuremera abatishoboye.”
Yakomeje avuga ko kuba ahawe inzu bizafasha umugore we wasigaye mu mashyamba ya Congo kuba yabasha gutaha akaza bagafatanya kurera abana.
Inzu yubakiwe uyu muturage ifite agaciro k’amafaranga arenga Miliyoni ebyiri. Yanahawe kandi ibiryamirwa n’ibiribwa.
Umuyobozi wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Rubavu, Rucakabungo yasabye abanyamuryango kwirinda ko hari Umunyarwanda wabaho nabi, abasaba kwitanga hagamijwe imibereho myiza y’Abaturarwanda.
Ati’ “Mu muco wa FPR Inkotanyi harimo gufasha no guhindura ubuzima bw’abanyarwanda, ndabasaba ko mwakwirinda ko hari Umunyarwanda wabaho nabi. Mugomba kwitanga mugakora n’imiganda kugira ngo abaturage bagire imibereho myiza’’.
Mu murenge wa Rubavu kandi harahijwe abanyamuryango bashya b’Umuryango FPR Inkotanyi 580, mu gihe mu mpera z’umwaka wa 2020 nabwo bari barahije abanyamuryango bashya 647.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!