00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Akarere kakumiriye abogera mu Kivu nyuma y’abantu batatu bapfiriyemo mu cyumweru kimwe

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 28 May 2017 saa 09:24
Yasuwe :

Nyuma y’aho mu cyumweru kimwe gusa abantu batatu barohamye mu kiyaga cya kivu bakahasiga ubuzima bagiye koga, Akarere ka Rubavu bwahagaritse mu gihe gito abogera muri iki kiyaga kugira ngo habanze hageho ubutabazi bukumira izo mpfu ziterwa no kogeramo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Sinamenye Jeremie, yatangaje ko iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’umutekano idasanzwe nyuma yaho abantu batatu barohamiye muri iki kiyaga bose bagapfa.

Yagize ati ”Twamaze gushyiraho inzobere mu byo koga no kurohora abantu zihoraho kugira ngo zizajye zidufasha mu gutabara byihuse abarohamye bataravamo umwuka, niyo mpamvu mu minsi mike aribwo tuzongera gufungura ikiyaga tumaze kunoza imikorere n’imikoranire yabo n’akarere.”

Yakomeje avuga ko abenshi barohama ari abogera mu mazi aherereye mu buvumo bwo munsi y’iki kiyaga, kandi aho bakunze kurohamira ahenshi harazwi, abandi barohama muri iki kiyaga ni abaturage batazi koga bagapfa kujyamo bigana abandi.

Ati “Tuzagerageza gufatanya ni ryo tsinda kuzajya ribanza kugenzura no kubaza abagiye koga aho bavuye ndetse niba ari n’abana bagomba kuzajya bazana n’ababaherekeje kuko hari nabo polisi irohora aho bakomoka hakabura.”

Mu kiyaga cya Kivu usanga hogeramo abantu benshi ku munsi ariko ubu aberekezwayo bakumirwa n’inzego z’umutekano.

Ruberinka Eugide twasanze asubijweyo na DASSO yaje koga yagize ati ”Izi ngamba akarere kafashe ni nziza ariko ntibyari ngombwa ko badufungira ikiyaga iyo minsi yose.”

Abaturage basanzwe bogera mu Kivu bahagaritswe by'igihe gito
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Sinamenye Jeremie

Umuyobozi w’Akarere yakomeje avuga ko iki cyemezo cyafatiwe ahakoreshwa n’abaturage muri rusange “public beach” cyangwa, ariko ahishyurwa amafaranga “private beach” nko ku mahoteli n’ahandi hakodeshwa hazakomeza gukora.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages