Abeguye ni Kazendebe Heritier wayoboraga Umurenge wa Nyamyumba na Nyiransengiyumva Monique wayoboraga Umurenge wa Nyakiriba.
Aba banyamabanga nshingwabikorwa beguye nyuma y’iminsi bivugwa ko bashobora guhagarikwa, aho bivugwa ko n’abandi bakozi b’akarere bashobora kwegura.
Umuyobozi w’Akarere wungirije Ushinzwe Imari n’Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Deogratias, avuga ko ubusabe bwabo bugiye kwigwaho bazasubizwa byihuse.
Nyiransengiyumva Monique ubwo yayoboraga Umurenge wa Kanzenze yigeze gufungwa mu 2018 akurikiranyweho kwakira ruswa ariko aza kugirwa umwere mu gihe mugenzi we Kazendebe Heritier yakunzwe gucyahwa kubera umuvuduko mucye.
Amakuru atugeraho ni uko hari n’abandi bakozi b’akarere kuva mu tugari, mu mirenge no ku karere barenga 30 bagomba guhagarikwa kubera amakosa ubuyobozi bw’akarere bubashinja ko bakoreye mu kazi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!