00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Babangamiwe n’umuyoboro wahagaritse ubucuruzi hafi ya Petite Barrière

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 5 April 2022 saa 10:50
Yasuwe :

Abaturage baturiye umupaka muto wa Petite Barrière biganjemo abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko babangamiwe n’umuyoboro umaze umwaka ucukuwe, ukaba warahagaritse ubucuruzi n’ubuhahirane mu isoko mpuzamipaka.

Uyu muyoboro wahindutse umwobo, wacukuwe ku mupaka muto wa Petite Barrière mu murenge wa Gisenyi ahubakwa umuyoboro wo kunyuzamo amazi y’imvura byagaragaraga ko ava mu Rwanda akajya muri Congo ari menshi ariko nyuma yo gucukura imirimo yahise ihagarara kandi yafunze amayira yakoreshwaga n’abaturage.

Abaturiye uyu mupaka bavuga ko baheze mu gihirahiro kuko ibikorwa byabo byahagaze, bakaba batazi n’igihe ubuyobozi buzongera gusubukura iyi mirimo.

Semucyo Vedaste avuga ko iki cyobo cyafunze ubucuruzi bigateza ibihombo, n’abafite imodoka bakaba bagorwa no kuyacyura mu rugo.

Ati “Iki cyobo cyafunze umuhanda wari nyabagendwa, ndetse kuri ubu nk’umuntu wese wari ufite ubucuruzi akora yarahombye. Turasaba ubuyobozi kuba bwakwihutisha imirimo yo kugisana kuko abafite amazu bayasorera kandi adakoreshwa n’abatunze imodoka kuzitahana mu rugo biragorana, bisaba kuzenguruka hakaba n’abaziraza mu gasozi’’.

Uwimana Clarisse ni umucuruzi uvuga ko abakiliya bagorwa no kubageraho, agasaba ubuyobozi ko cyasibwa cyangwa kikubakwa bikarangira.

Ati “Ubucuruzi bwaraduhombeye kuko abakiliya baragabanutse ugereranyije na mbere y’uko iki cyobo gicukurwa kuko cyafunze amayira. Turasaba ubuyobozi kudufasha iki cyobo kigasibwa abakiliya bakiyongera natwe tukajya dusora twishimye cyangwa se bacyubake birangire dukere nkuko twakoraga mbere’’.

Abafite amazu akodeshwa muri kiriya gice bavuga ko bahombye kuko inzu zabo zatakaje agaciro kuburyo iyakodeshwaga ibihumbi 100 Frw ubu igeze ku bihumbi Mirongo itanu nabwo kugize amahirwe akabona umukiliya.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yavuze ko bamaze kubona uzubaka uyu muyoboro wateje ibibazo mu baturage ku buryo mu kwezi kwa Gatanu imirimo izasubukurwa.

Ati “Twamaze kubona uzahubaka n’amasezerano yarasinywe dutegereje uzayikurikirana kugeza igihe urangiriye. Turizera ku mu ntangiriro za Gicurasi tuzahita dutangira imirimo’’.

Usibye ubucuruzi hari n’impanuka zikomeje kubera kuri iki cyobo. Bivugwa ko hari umuntu umwe wahasize ubuzima hari n’umwanda kuko abacururiza imbuto muri ako gace ari ho bamena imyanda.

Amwe mu mazu y'ubucuruzi yatangiye kwangirika
Hari inzu z'abaturage zisigaye zihanitse ku manegeka zishobora kugwa
Isoko mpuzamipaka naryo ryabuze abakiliya kuko batakibona aho banyura
Abatuye hafi aho batunze imodoka ntibakibona aho banyuza imodoka zabo
Ububiko bw isoko mpuzamipaka bwarafunze kubera nta nzira
Ubucuruzi bwarahagze
Umuhanda abava muri RDC banyuragamo icyobo cyarawufunze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages