00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Basanze umukecuru w’imyaka 80 yiyahuye

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 1 December 2017 saa 12:04
Yasuwe :

Mukamwambuttsa Seraphine w’imyaka 80 y’amavuko wo mu Murenge wa Kanama, Akarere ka Rubavu, yasanzwe iwe yitabye Imana anagana mu mugozi ariko ntiharamenyekana impamvu yaba yamuteye kwiyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Tuyisenge Annonciata, yabwiye IGIHE ko uwo mukecuru wiyahuye yari atuye mu mudugudu wa Gihurizo, Akagari ka Rusongati, akaba yari afite umugabo ariko mu ijoro ryo kuwa Gatatu ntibari bararanye.

Yagize ati “Amakuru dufite ni uko yaraye mu nzu wenyine kuko umusaza yaraye mu nka, umuhungu we aje mu gitondo akomanze habura uwakingura nuko arikingurira asanga umukecuru ari mu mugozi. Ibindi ubu iperereza rirakomeje, umurambo wajyanywe ku bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma.”

Yakomje avuga ko mu gihe iperereza rikomeje, abaturage bavuga ko makimbirane yari azwi mu muryango w’uwo mukecuru.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages