Ku wa Kane tariki ya 2 Nzeri 2021 ni bwo habonetse ibyo bisasu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, yemeje aya makuru avuga ko babishyikirije inzego zibishinzwe.
Ati “Ibi bisasu byabonetse mu kigo cy’amashuri cya TTC Gacuba, ni abacukuraga ubwiherero baza gusangamo ibisasu 69. Twatumije inzego zibishinzwe kugira ngo bakomeze gukurikirana uko bimeze.”
Amakuru avuga ko ibikorwa byo gushakisha niba hari ibindi bisasu byaba bigaragara muri iki kigo birakomeje.
Akarere ka Rubavu kagize amateka yihariye mu ntambara y’abacengezi aho usanga ahagiye habera imirwano hakigaragara ibisasu ndetse n’ububiko bwihariye bw’imbunda aho abacengezi bagiye babihisha.
Hanagiye haba impanuka ibyo bisasu bigaturikana abaturage. Ibiheruka ni ibyo ku wa 4 Kamena 2020 ubwo umwana wari uragiye yaturikanywe n’igisasu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!