00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu:Ikamyo yagwiriye inzu hakomereka abantu bane

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 3 May 2022 saa 07:38
Yasuwe :

Ikamyo yo mu bwoko bwa HOHO kuri uyu wa Mbere yagwiriye inzu y’umuturage mu karere ka Rubavu, ikomeretsa abantu bane.

Iyi mpanuka ikaba yabereye mu mudugudu wa Rushagara, Akagari ka Rubona,Umurenge wa Nyamyumba aharimo kubakwa icyambu mpuzamahanga akaba ari naho iyi kamyo yari igemuye umucanga.

Byabaye ubwo yari irimo gupakurura umucanga, umucanga umaze kuba mwinshi ukayrusha ibilo nibwo yasubiye inyuma igwira inzu y’umuturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba w’agateganyo,Niyomugabo yemeje aya makuru avuga ko hakomeretse abantu bane.

Ati’’Iyi kamyo mu masaha ya saa tatu yaje gupakurura umucanga ahubakwa icyambu iparika ahantu hahanamye noneho kubera umucanga wari uremereye bituma ibirinduka igwa ku nzu y’umuturage ahita akomereka hamwe n’abakobwa babiri ndetse na shoferi, bose ubu bajyanywe ku bitaro bya Gisenyi’’.

Mu mu mezi abiri ashize impanuka nk’izi zikozwe n’amakamyo manini apakira imicanga zabaye mu turere twa Gatsibo na Kamonyi aho zaguyemo abantu babiri, hagakomereka 30.

Iyi kamyo yaguye ku nzu y'umuturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages