00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Imiryango 1000 yahawe mitiweli na Bralirwa igiye kuzinukwa magendu no kurwarira mu ngo

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 29 April 2017 saa 05:24
Yasuwe :

Uruganda rwa Bralirwa ruherekejwe n’abahanzi 10 bari mu irushanwa rya PGGSS 7 rwatanze sheke ya miliyoni eshatu y’amafaranga y’u Rwanda yo kugura ubwisungane mu kwivuza ku miryango 1000 y’abatuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Mata 2017.

Abaturage batuye muri aka gace bashimiye Bralirwa yabagobotse ikabaha mitiweli, bahamya ko igiye gukemura ikibazo cya benshi bari bakunze kurwarira mu rugo no kuyoboka abaganga ba gakondo.

Abahawe mitiweli ni abatishoboye bari mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe bo muri Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba.

Abaturage baganiriye na IGIHE bashimangiye ko bimwe mu byatumaga barembera mu rugo ariko uko batinyaga ko nibagera kwa muganga bacibwa amafaranga menshi, bigatuma n’imirimo yabo idindira.

Nyiransekuye Clémentine yatangaje ko Bralirwa yamutuye umutwaro wo kurembera mu rugo ndetse no kongera kwivuza magendu.

Ati “Mfite abana batandatu sinabashaga kubabonera mitiweli bose bigatuma twivuza magendu ariko ubu tugiye kugana kwa muganga ntabwo tuzongera kurembera mu rugo.”

Undi muturage wo mu Murenge wa Nyamyumba, Mukamusoni Jeanne d’Arc we yatangaje ko yifashishaga ibinini aguze muri Farumasi.

Ati “ Kera nabonaga inkunga ariko iza guhagarara kubona ubwisungane bitangira kungora. Ubu ngiye kongera kujya nivuriza kwa muganga mbikesha Bralirwa.”

Umukozi w’Uruganda rwa Blarirwa, Uwizeye Jean Pierre, mu izina ry’ubuyobozi yatangaje ko bafite ibikorwa byinshi bizafasha abaturage kwiteza imbere.

Ati “Ubu ni ubutumwa twahawe n’umuyobozi wa Bralirwa biturutse ku ngengo y’imari igenewe gufasha abatishoboye. Muri uyu mwaka twahereye ku baturanyi bacu ba Nyamyumba kubera ko ariho uruganda rubarizwa.”

Uwizeye yakomeje avuga ko abaturage ba Nyamyumba nk’abafatanyabikorwa babo bagiye no kububakira amashuri yari yaradindiye.

Umukozi w’Umurenge wa Nyamyumba ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Senyoni Jean Pierre, yavuze ko inkunga yatanzwe na Bralirwa izabafasha kuzamura ijanisha ry’ubwitabire mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza mu mwaka utaha.

Abaturage bo muri uyu Murenge bageze ku kigereranyo cya 70.2% ku bafite ubwisungane.

Abahanzi bakigera ku Biro by'Umurenge wa Nyamyumba
Abahanzi 10 bahataniye irushanwa rya PGGSS 7 mu gikorwa cyo gutanga mitiweli ku baturage bo mu Murenge wa Nyamyumba
Abahanzi n'abaturage bavunnye sambwe
Abahanzi batanga sheke ya miliyoni eshatu azakoreshwa mu kugura mitiweli ku baturage 1000
Abaturage ba Nyamyumba bashimye Bralirwa yabateye iteka ryo guca ukubiri no kwivuriza kwa magendu no kurembera mu rugo
Abaturage batuye mu Murenge wa Nyamyumba bahawe inkunga ya mitiweli
Bamwe muri aba baturage bananiwe kwiyumanganya bagaragaza akabari ku mutima
Umuraperi Bull Dogg asuhuza abaturage ba Nyamyumba
Umuraperi Danny Nanone ari mu icumi bahataniye irushanwa
Umuhanzi Davis D witabiriye PGGSS ku nshuro ya mbere
Mico The Best asuhuza abatuye mu Murenge wa Nyamyumba
Umuyobozi wa EAP, Mushyoma Joseph n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyamyumba
Abaturage bagize amahirwe yo gufata ifoto y'urwibutso na bamwe mu bahanzi bakunda
Bacinye akadiho bagaragaza ibyishimo byari byabasaze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .