00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Imiryango isaga 1700 ntigira aho kuba

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 2 March 2022 saa 11:32
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bufite ikibazo cy’abaturage basaga 1700 badafite aho kuba, bushima abafatanyabikorwa barimo kugenda babafasha kugabanya iyi mibare ikomeza kwiyongera buri mwaka.

Iyi mibare yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri ubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirizaga imiryango 10 yo mu Murenge wa Rubavu itagiraga aho kuba inzu zubatswe n’umuryango w’inshuti z’u Rwanda zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzweimibereho myiza y’abaturage,Ishimwe Pacifique yavuze ko bafite intego yo kubakira imiryango 148 uyu mwaka ariko hakiri abarenga 1700 badafite aho kuba.

Ati “Ubusanzwe muri uyu mwaka tugomba kubakira abaturage 148 twari tumaze kubakira abagera kuri 88 hiyongereyeho abangaba 10 ubwo babaye 98 turacyakomeje n’izindi nzu, turacyayubaka hari ageze igihe cyo gusakara, hari ari kujyamo sima ni intego y’umwaka ariko ubusanzwe dufite abarenga 1700 bari ku rutonde rw’ababaruwe umwaka ushize bakeneye kubakirwa ni abaturage benshi ariko dutekereza ko hamwe n’abafatanyabikorwa b’akarere tuzabikemura.’’

Yakomeje avuga ko nubwo mu 2017 bari bagerageje kubakira abari badafite aho kuba nyuma yaho hakomeje kuboneka abandi badafite aho kuba ariko ku bufatanye n’inzego zitandukanye bari kugenda babubakira uko ubushobozi bubonetse.

Imiryango yahawe inzu yashimye ubu bufasha kuko yari ibayeho nabi hakiyongeraho no kutagira aho kuba.

Bayahunde Espérance wo mu Kagari ka Murara mu Murenge wa Rubavu yashimye inzu yahawe avuga ko yahoraga yirukanwa mu nzu kubera umwana we ufite uburwayi bwo mu mutwe wangizaga iby’abaturanyi.

Ati “Nabaga mu nzu nkodesha kandi mfite umwana ufite ubumuga, kimwe mu bibazo byari bingoye ni uko yasenyeraga abankodesheje bakanyirukana, nari naramaze kurambirana kuko nari maze kwirukanwa mu nzu zigera kuri enye, ubu ndishimye kuba nanjye narubakiwe nkaba mbonye inzu yanjye, sinzongera gusohorwa mu nzu ngo mbunze imitima nyagiranwa n’abana.”

Uwimana Marcelline mu gahinda kenshi yavuze ko yagorwaga no gukodesha, guca inshuro no kwita ku mubyeyi we n’abana be wenyine kuko umugabo yamutaye.

Ati “Iyi nzu mpawe igiye gukemura ikibazo cy’icumbi, ntuze nite kubana na mama warembeye mu nzu, kuko nagorwaga no kujya guca incuro, no gushaka ikodi ngo ntasohorwa mu nzu.’’

Nubwo Leta igerageza kubakira abatishoboye badafite aho kuba mu Karere ka Rubavu hari umwihariko w’uko abenshi usanga bari bafite inzu n’amasambu bakabigurisha ndetse hari n’abagurisha izo bubakiwe na Leta nyuma ukabasanga baje ku Karere bashaka kuhaba kuko ntaho bafite ho kuba.

Imiryango 10 yo mu Murenge wa Rubavu yahawe inzu n'ibikoresho byo mu nzu
Ingabo z'u Rwanda zishyuriye mituweli abaturage 140 bo mu Murenge wa Rubavu
Inshuti z'u Rwanda zahaye abaturage bo muri Rubavu inzu 10

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages