Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Mutarama 2016, imodoka yari itwaye abagenzi yaguye mu mugezi wa Sebeya nyuma yo kugonga umunyegare imukubise ikirahuri gifasha abashoferi kureba inyuma (rétroviseur).
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Supt Jean Marie Vianney Ndushabandi, yabwiye IGIHE ko iyi modoka yaguye mu mugezi wa Sebeya kubera uburangare bw’umushoferi wari uyitwaye.
Yagize ati “Yagonze umugenzi wari ku igare noneho umushoferi arangara ari kumureba inyuma kuko imodoka yari yanacitse feri ihita igwa mu mugezi.”
Yakomeje avuga ko abantu babiri bahise bapfa abandi batandatu barakomereka uretse ko babiri muri bo ari bo bakomeretse bikabije.
Supt Jean Marie Vianney Ndushabandi yasabye abashoferi muri rusange kujya bahoza umutima ku binyabiziga batwaye mu rwego rwo kwirinda impanuka nk’izo.
Abaguye muri iyo mpanuka n’abayikomerekeyemo bahise bajyanwa mu Bitaro by’i Rubavu.



















TANGA IGITEKEREZO