00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Impanuka yishe abantu babiri, abandi barakomereka

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 2 March 2017 saa 03:07
Yasuwe :

Ikamyo yari ipakiye umucanga iwuvanye i Musanze yerekeza i Rubavu yarenze mu Murenge wa Nyakiriba ahazwi nka Bazirete, babiri bahita bitaba Imana.

Iyi mpanuka yabaye mu ma saa saba kuri uyu wa Kane, yapfiriyemo Butsitsi Oivier w’imyaka 34 ukomoka wo mu murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu, na Rudasingwa Jean Claude w’imyaka 36 wo mu murenge wa Niboye, Akarere ka Kicukiro.

Umushoferi wari utwaye iyi modoka n’abandi batatu bakomeretse bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Gisenyi.

Imirambo y’abishwe n’iyi mpanuka bajyanywe ku buruhukiro bw’ibitaro bya Gisenyi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Nzitakuze Jean, nawe watabaye yahamije aya makuru avuga ko babiri bahise bitaba Imana naho bane bakomeretse cyane harimo n’abacitse amaguru.

Ikamyo yakoze impanuka igahitana ubuzima bw'abantu babiri
Yakomerekeyemo bane bajyanwa kwa muganga

Turacyakurikirana inkuru...


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages